AGEZWEHO

  • Minisitiri Musabyimana yijeje ubuvugizi mu ikorwa ry'umuhanda Bugarama-Bweyeye – Soma inkuru...
  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...

Uko ababyeyi barerera ku kigo cy'amashuri abanza cya Rusasa kugaburira abana ku ishuri babigize ibyabo

Yanditswe Apr, 29 2022 15:01 PM | 141,315 Views



Ababyeyi barerera ku kigo cy'amashuri abanza cya Rusasa giherereye mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke, baravuga ko kugira icyabo igikorwa cyo kugaburira abana ku ishuri ari byo byatumye baba indashyikirwa muri iyi gahunda aho bahize ibindi bigo bigatuma Akarere ka Gakenke kabagabira inka ebyiri zo kubashimira. 

Ubuyobozi bw'iki kigo bwishimira ko iyi myumvire y'ababyeyi kuri iyi gahunda yatumye byoroha cyane kuzana ibyo kugaburira abana, cyane ko n'abadafite ibyo bazana batanga imbaraga zabo bakora mu mirima y'ishuri bityo bigasimbura ibiryo cyangwa amafaranga badashobora guhita babona ako kanya.

Ubuyobozi bw'Akarere ka Gakenke buvuga ko mu igenzura bw'iyi gahunda bwakoze bwasanze iki kigo cya Rusasa gifite gahunda nziza kandi iboneye, yo gucunga neza ibiribwa ababyeyi batanga akaba ari yo mpamvu bafashe umwanzuro wo kubagabira inka ebyri zizabafasha no guha abana amata.

Umiyobozi w'aka Karere, Nizeyimana Jean Marie Vianney avuga ko bazashishikariza bimwe mu bigo babona ko iyi gahunda ikigenda gahoro kuzajya kwigira kuri iki kigo. 

Ku ruhande rw'abana biga kuri iki kigo bo ngo ubu barimo kwiga neza kubera kurira ku ishuri, bagashima cyane Ubuyobozi bw'igihugu bwateguye iyi gahunda. 

Kugeza ubu ibigo by'amashuri 152 ni byo birebwa na gahunda yo kugaburira abana ku ishuri mu Karere ka Gakenke.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu