AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Uganda Airlines yemerewe gukorera mu Rwanda

Yanditswe Mar, 24 2023 11:20 AM | 36,588 Views



Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda uri mu Rwanda yashimye u Rwanda ko rwemereye Sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya Uganda, Uganda Airlines gukorera ingendo mu Rwanda.

Ibi yabitangarije mu nama ya Komisiyo Ihoraho y’ibihugu byombi igamije gukora ibishoboka ngo umubano w’ibihugu byombi usubire mu buryo.

Minisitiri Odongo yavuze ko kuba Leta y'u Rwanda yemereye Uganda Airlines, gukorera mu Rwanda ari ikimenyetso gikomeye cy'umubano mwiza uzateza imbere kurushaho urujya n'uruza n'ubuhahirane hagati y'ibihugu byombi.

Minisitiri Odongo avuga ko imipaka yashyizweho n'abakoloni yatumye habaho kwibeshya ko Abanyarwanda n'Abanya-Uganda batandukanye kandi mu by'ukuri ari abavandimwe yongera gushima abakuru b'ibihugu byombi batanze umurongo wo gusubiza ibintu mu buryo kugira ngo ibihugu byombi byongere kunga ubumwe nkuko byahoze.

Minisitiri Biruta we yagaragaje iyi nama nk'intambwe ikomeye mu nzira yo gusubiza ibintu mu buryo.

Yavuze ko ibihugu byombi bihuriye kuri byinshi bityo ko umubano mwiza uri mu nyungu z'umutekano n'iterambere ry'ubukungu bw'ababituye.

Yashimangiye ko abakuru b'ibihugu byombi batanze umurongo wo gukemura imbogamizi zikibangamiye umubano wabyo bityo ko intumwa z'ibihugu byombi zirimo gukora ibishoboka byose ngo bigerweho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda Gen. Odongo Abubakhar Jeje yagaragaje ko muri uru rugendo yazanye na bagenzi be 5 muri guverinoma ndetse n'abandi bayobozi mu nzego zigera kuri 20 nk'ikimenyetso kigaragaza agaciro Uganda yahaye iyi nama ya 11 ya komisiyo ihuriweho ibihugu byombi.

Yavuze ko amasezerano y'ubufatanye aza gushyirwaho umukono n'ibihugu byombi atagomba kurangirira mu mpapuro ahubwo ko akwiye kuba umusingi w'ibikorwa bifitiye inyungu abaturage b'ibihugu byombi.

Nyuma y'uko ba minisitiri bombi batangije iyi nama ku mugaragaro, ibiganiro hagati y'impande zombi byakomereje mu muhezo.

Minisitiri Odongo avuga kandi ko mu gihe akarere kugarijwe n'ibikorwa by'iterabwoba cyane cyane iby'imitwe nka ADF na FDLR, Uganda ishyigikiye ibikorwa n'Akarere muri rusange ariko akongeraho ko mu nyungu z'ibihugu byombi u Rwanda na Uganda bizakomeza gukorana kurushaho mu nzego z'igisirikare n'umutekano mu nyungu z'abaturage bw'impande zombi.

Ku musozo w'ibyo biganiro impande zombi zirashyira umukono ku itangazo rikubiyemo ibyemezo byafatiwe muri iyi nama ya 11 ndetse hashyirwe umukono ku masezerano y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu