AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Uko gahunda ya Girinka muri Kirehe yatumye hari abava mu cyiciro cy’imibereho bakiteza imbere

Yanditswe Jun, 21 2021 15:32 PM | 66,497 Views



Hari abaturage bo mu karere ka Kirehe, bavuga ko  bazamutse mu cyiciro cy’imibereho biturutse ku  nka borojwe muri gahunda ya Girinka, ubu bakaba bamaze kwiteza imbere mu buryo bukomeye.

Aba baturage basobanura ko gushirika ubute bakita ku nka borojwe, aribyo byatumye babona umusaruro .

Ntibankundiye Esperence umuturage wo mu cyiciro cya mbere  cy’ubudehe utuye mu Murenge wa Mahama, yorojwe  inka mu 2016, aho kugeza ubu imaze  kumubyarira inka eshatu.

Avuga ko kugeza ubu yituye ubu akaba arimo korora izindi nka eshatu, ku buryo izi nka zimae kumuhindurira ubuzuma mu buryo bukomeye.

Bemejwenande Gabriel nawe yorojwe inka, ku myaka 62 y’amavuko  avuga ko yahawe inka  ari mu cyiciro cya kabiri cy’ubudehe, ariko kuri ubu yishyira mu cyiciro cya gatatu kubera uburyo inka yahawe imaze kumuhindurira ubuzima.

Yagize ati “Ntarabona inka nasaruraga udufuka tubiri tw’ibishyimbo ariko ubu nsarura udufuka icyenda, nari mu cyiro cya kabiri ariko ubu ngeze mu cya gatatu kandi naragishakaga.”

Uwitwa Ndahinyurwa Faustin  na we wahawe inka ari mu cyiciro cya kabiri kandi agaragara  nk’umukene, nyuma yo kwitura yaragurishije asana inzu ye yari yaguye.

Kugeza ubu iwe hari inyana nayo ikomeje kumufasha mu buzuma bwe bwa buri munsi.

Kuva gahunda ya Girinka yatangira mu 2006, mu karere  kose ka Kirehe hamaze gutangwa inka zisaga ibihumbi 17.


Akimana Latifat




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama