AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Ubufatanye bw'ibihugu burakenewe mu kubungabunga amahoro n'umutekano ku isi--RDF

Yanditswe Aug, 28 2018 22:25 PM | 63,370 Views



Mu gihe ibikorwa bihungabanya amahoro n'umutekano bikomeje guhindura isura, ubuyobozi bw'ingabo z'u Rwanda, RDF, busanga hakenewe ubufatanye bw'ibihugu mu gushakira umuti urambye iki kibazo. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu butumwa bwahawe abasoje imyitozo yari imaze ibyumweru 2 ibera mu ishuri rya gisirikare I Gako mu karere ka Bugesera.

Iyi myitozo yari igamije gufasha ba ofisiye bato n'abakuru mu ngabo na polisi gusobanukirwa kurushaho uburyo bwo gutegura no gutanga amabwiriza ayobora abandi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga no kugarura amahoro.

Imyitozo yakozwe yibandaga ku buryo ubutumwa bwa Loni muri Central Africa, MINUSCA, bwarushaho kuzuza inshingano y'ibanze yo kurinda abasivili.

Iyi myitozo izwi nka Shared Accord, ni ubwa mbere ibereye mu Rwanda mu nshuro 18 imaze kuba. Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda Peter Vrooman, asanga u Rwanda hari byinshi ibindi bihugu byarwigiraho mu birebana n’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro.

Abasaga 200 baturutse mu bihugu 12 ni bo bahawe iyi myitozo yatangiye tariki 14 z'uku kwezi kwa 8 mu ishuri rya gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu