Yanditswe Apr, 25 2019 07:15 AM | 7,458 Views
Urukiko rw'ikirenga rwemeje ko ingingo ijyana no gusebya bamwe mu bayobozi bari mu kazi ka Leta no gusebya imigenzo y'amadini zavanwa mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange kuko zinyuranyije n'itegeko nshinga, ariko rwemeza ko ingingo ijyana no gutuka cyangwa gusebya Perezida wa Repubulika, itahinduka kuko afite inshingano zihariye.
Hari mu isomwa ry’urubanza Me Mugisha Richard yari yareze asaba ko Ingingo zimwe zavanwa mu mategeko ahana kubera ko yasangaga zinyuranye n’itegeko nshinga.
Ingingo urukiko rw'ikirenga rwafatiye umwanzuro wo gukurwa mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ni ijyanye no gusebya mu ruhame bamwe mu bayobozi bari mu mirimo ya Leta, kuko yagaragajwe nk’inyuranyije n'itegeko nshinga kuko idafata abantu kimwe, ikabangamira n’ubwisanzure bw’itangazamakuru.
Indi yakuwemo ni irebana no gusebya amadini n'imigenzo yayo, byemejwe ko yari ibangamiye ubwisanzure bw'itangazamakuru n’uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, kandi biteganywa n'itegeko nshinga.
Ku rundi ruhande ariko urukiko rw’ikirenga rwateye utwatsi ikirego cy’uyu munyamategeko ku ngingo zerekeranye n'ibihano bihabwa uwakoze icyaha cy'ubusambanyi, ubushoreke no guta urugo, Me Mugisha Richard yerekanaga ko zibangamiye ubwisanzure n'ubusugire bw'umuryango. Rwemeje zitakurwa mu mategeko ahana ibyaha kuko zitabangamiye ingingo ya 18 y'itegeko nshinga.
Nyuma y’isomwa ry’uru rubanza Me Mugisha Richard yatangaje ko yishimiye imikirize ya rwo yemeza ko yubahirije amategeko:
Me Mugisha ati, ''Umwanzuro uradushimishije kuko twabashije gutanga ibitekerezo byacu kuri izi ngingo z'amategeko zose, hari izo urukiko rwemeranyijwe natwe kuko zinyuranyije n'itegeko nshinga, ibyo bikaba bidushimishije. Ku zindi zagumye mu gitabo cy'amategeko ni uko abandi batanze ingingo zirusha izacu uburemere kandi ibyo birasanzwe mu migendekere y'imanza zo mu gihugu kigendera ku mategeko niko bigenda.''
Ku ngingo ya 236 ijyana no gutuka cyangwa gusebya Perezida wa Repubulika, urukiko rw'ikirenga rwanzuye ko itahinduka kuko rwasanze Perezida wa Repubulika afite inshingano zihariye zirimo no kurinda ubusugire bw’igihugu, zituma atashobora kuregera indishyi mu manza mbonezamubano nk’abandi baturage basanzwe.
Urukiko rw'ikirenga rwategetse ko urwo rubanza rutangazwa mu igazeti ya Repubulika y'u Rwanda rugahinduka itegeko.
Ni ubwa mbere urukiko rw'ikirenga ruburanisha urubanza rujyana no guhindura ingingo z'amategeko anyuranya n'itegeko nshinga, ibintu abanyamategeko bafata nk'umusaruro mwiza w'urwo rukiko, nyuma y'imivugururire y'ubutabera, urukiko rw'ikirenga rukagumana zimwe mu nshingano zirebana n'imanza zerekeranye n'itegeko nshinga.
Inkuru ya John Bicamumpaka
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru