AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

UR yatangije amasomo mashya y’ubumenyi bw’ikoranabuhanga mu bumenyi bw’isi

Yanditswe Jun, 01 2022 20:00 PM | 122,303 Views



Muri Kaminuza y'u Rwanda hatangijwe amasomo mashya ajyanye n'ubumenyi bw'ikoranabuhanga mu bumenyi bw'isi, akaba yatangijwe mu rwego rwo kongerera ubushobozi abanyeshurii kugira ngo bashobore gutahura no gukumira ikibazo mbere y'uko giteza ingaruka abaturage.

Abahanga mu birebana n’ubumenyi bw’isi cyane cyane nko ku butaka, amazi, amashyamba n’ibindi baturutse mu muryango uhuje ibihugu bigera kuri 20 n'u Rwanda rurimo byo mu karere ka Afurika yo hagati niyo mu Majyepfo, nibo bagiranye amasezerano y'ubufatanye na Kaminuza y'u Rwanda y'imyaka 5 akubiyemo guha abo banyeshurii ubwo bumenyi.

Prof. Rwanyiziri Gaspard uyobora ikigo cy'ubushakashatsi ku ikoranabuhanga bushingiye ku bumenyi bw'isi kibarizwa muri Kaminuza y'u Rwanda, avuga ko ubusanzwe bakora ubushakashatsi bugaragaza ibibazo byavuka muri uru rwego rw'ubumenyi bw'isi, bakaburira abayobozi ku bibazo byahavuka n'uburyo byakwirindwa.

Mu buryo bwa hafi, abo banyeshuri bazunganirwa n'ikoranabuhanga ry'ibyogajuru rifite inovasiyo yihutisha iterambere.

Uyu muryango, RCMRD uhuje ibihugu 20 birimo n'u Rwanda, washyizeho amarushanwa y'abafite imishinga myiza iri muri uru rwego ku buryo izatsinda izahabwa ibihumbi 30 by'amadorali y'Amerika

Bosco Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira