AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

U Rwanda rwazirikanye umunsi wahariwe ubuzima bwo mu kanwa

Yanditswe Mar, 21 2019 09:41 AM | 11,020 Views



Buri tariki 20 Werurwe isi izirikana umunsi mpuzamahanga wahariwe ubuzima bwo mu kanwa.

Abaganga bavura indwara z'amenyo bavuga ko amenyo ari umuryango w'umubiri wose, bityo iyo isuku yayo ititaweho biba intandaro y'indwara zinyuranye zitandura, harimo n'iz'umutima.

Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2018 n'ikigo cy’igihugu cyita ku buzima RBC, bugakorerwa ku bantu 2097 bwagaragaje ko 64,9% bari bafite uburwayi bwo gucukuka kw'amenyo, 60% bari bafite ku menyo imyanda yakomeye itakurwaho n'uburoso, naho 70% ntibigeze bagera ku muganga w'amenyo nibura inshuro 1 mu buzima bwabo.

Mu kuzirikana umunsi mpuzamahanga wahariwe ubuzima bw'amenyo, abaganga b'indwara ziyibasira ndetse n'abanyeshuli babyiga basuye abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bo mu kigo Tubiteho mu Karere ka Kicukiro babigisha ibijyanye no kwita ku menyo yabo ndetse baranabasuzuma ngo barebe uko amenyo yabo ahagaze.

Ibitaro WIWO byasuzumye ku buntu abakozi ba Miniasteri y'ubuzima, abo basanze bafite ikibazo cy’amenyo bakagirwa inama y’uko babyitwaramo.

 Docteur Adelaide Muhigana ukuriye ishyirahamwe ry'abaganga b'amenyo mu Rwanda avuga ko abantu bakwiye kwitwararika isuku y'amenyo kugirango umubiri wose ugire ubuzima bwiza.

Ikigo cy' igihugu gishinzwe ubuzima RBC kivuga ko hafashwe ingamba zo gutuma abanyarwanda bagira ubuzima bwiza bwo mu kanwa.

OMS ivuga ko indwara z'amenyo ziza ku mwanya wa mbere mu ndwara zitandura zugarije abatuye isi.

 Ubushakashatsi bwakozwe na Global Burden Disease mu mwaka wa 2016 bwo bwagaragaje ko 1/2 cy' abatuye isi ni ukuvuga abasaga miliyari 3 na miliyoni 500 bafite ibibazo by'amenyo birimo abafite ayatobotse.


Inkuru ya Carine Umutoni



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura