AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

U Rwanda rwateguye ahantu hashobora gushyirwa abaketsweho Coronavirus

Yanditswe Mar, 04 2020 08:45 AM | 10,790 Views



Bamwe mu baturage baratangaza ko bamaze gusobanukirwa n'uburyo indwara ya Coronavirus yandura, bakavuga ko banafashe ingamba zo kuyirinda. Ministeri y'Ubuzima ivuga ko iri kongera ubushobozi ku baganga, ari na ko yongera ibya ngombwa byo kwifashisha mu gihe iyi ndwara yaba ibonetse mu Rwanda

Hirya no hino mu gihugu ahakunze guhurira abantu benshi hashyizwe ibikoresho n'amazi meza n'isabune bifasha abantu gukaraba intoki mbere yo kwinjira aho bashobora guhurira n'abandi. Ibi bikaba biri mu buryo bwo kwirinda indwara z'ibyorezo zirimo n'iya Coronavirus 

Ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda, RBC kivuga ko inshingano ya mbere yo kwirinda iyi ndwara ari iy'umuturage, kuko asabwa kugira isuku cyane cyane akaraba intoki n'amazi meza n'isabune.

Minisiteri y'Ubuzima ivuga ko yamaze guteganya ahantu 4 hashobora gushyirwa uwaketsweho iyi ndwara cyangwa uwo yagaragayeho, akaba yashyirwa ahabugenwe agakurikiranwa mu  buryo bwihariye, akanahamara igihe runaka.

Ahamaze gutegurwa ni mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe ahateguwe ibyumba 25,  hakaba ibitaro bya Kabgayi byateguye ibyuumba 120.

Hari kandi Ikigo Nderabuzima cya Kanyinya,  cyateganyije ibyumba 50. Ni mu gihe no mu bindi bitaro byose mu gihugu uko ari 80, hose hagiye hateganywa ibyumba 2.

MINISANTE kandi imaze guhugura abaganga 430, banavuga ko biteguye kuba bafasha uwaba agaragaraho iyi ndwara.

Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro bya Kibagagbaga Dr Mutaganzwa Avite, avuga ko mu gihe iki cyorezo kitari cyagera mu Rwanda, hari ingamba zidasaba ubushobozi buhambaye abaturage bagomba kwifashisha

Yagize ati “Hari guhugura abaturage tugatanga ubutumwa butandukanye tubamenyesha ko iyi ndwara ihari, kandi ko bagomba kuiyirinda, hakaba n'uburyo bwo gushyiraho ibikoresho by'isuku, abaje bose bagakaraba intoki, n’uburyo bwo kwigisha abaturage isuku muri rusange.”

Amabwiriza yatanzwe na MINISANTE ni uko ahantu hose hahurira abantu benshi hagomba kuba uburyo bwo gukraba intoki, igasaba ubuyobozi bufasha abantu bose kubyubahiriza nk'uko bigarukwaho na Dr Muvunyi ZUBER,  umuyobozi mukuru ushinzwe iby'ubuvuzi n'ubuzima rusange

U Rwanda rueganya gukomeza kongera ibikorwa bigamije isuku, ndetse ikanongera uburyo bwo gufasha uwaba agaragayeho ibimenyetso by'iyi ndwara, bikarenga urwego rw'ibitaro, bikajya no ku rwego rw'amavuriro aboneka hose mu gihugu.


Jean Claude KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira