AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

U Rwanda rwasinye amasezerano y'ubufatanye n'igihugu cya Argentina

Yanditswe May, 20 2018 21:50 PM | 33,195 Views



U Rwanda na Argentine basinyanye amasezerano ajyanye no guteza imbere umubano hagati y’ibihugu byombi. Ni amasezerano yashyiriweho umukono I Buenos Aires muri Argentine. 

 U Rwanda rwari ruhagarariwe na ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Mme Louise MUSHIKIWABO naho ku ruhande rwa Argentine ni ministiri w’ububanyi n’amahanga Jorge Faurie. 

Ministiri Louise mushikiwabo ari Buenos Aires muri Argentine aho yitabiriye imirimo y’inama ihuza ba ministre b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu 20 bigize ihuriro  rya za guverinoma na banki nkuru z’ibyo bihugu, ihuriro rigamije kubungabunga ubukungu ku rwego mpuzamahanga, izwi nka G20 Foreign Affair Ministers Meeting .

Ministiri Mushikiwabo yitabiriye iyo nama ku butumire bwa mugenzi we wa Argentine Jorge Faurie.  Mu biganiro kandi byabaye hagati y’aba baminisitiri bombi, bibanze ku mubano w’ibihugu byombi ndetse n’izindi nzego zishobora gushingirwaho ubutwerane n’umubano.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize