AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

U Rwanda rwasinye amasezerano hagati y'Ubushinwa hamwe n'ubuhorandi

Yanditswe Jun, 19 2019 09:53 AM | 14,221 Views



Amasezerano guverinoma y'u Rwanda yasinyanye n'ubushinwa angana na miliyoni 300 ya yuan angana na miliyoni 42 z'amadorari y'Amerika. Igice kimwe muri aya kizakoreshwa mu kwagura umuhanda uva ahitwa Prince house kugera i Masaka. Ni umuhanda w'ibirometero 10,3. 

Amaze gusinya aya masezerano, Ambasaderi Rao Hongwei yavuze ko ibi bishimangira umubano mwiza ukomeje w'ibihugu byombi. 

Umunyamabanga wa leta muri Ministeri y'imari n'igenamigambi ushinzwe igenamigambi, Dr Uwera Claudine, washyize umukono kuri aya masezerano, avuga ko iyi nkunga mu gukora umuhanda cyo kimwe n'indi mihanda yakozwe n'abashinwa usibye guha akazi Abanyarwanda inabasigira ubumenyi bakoresha mu kubaka igihugu. 

yagize ati " iyi mihanda abashinwa bubaka itanga akazi kubanyarwanda ndetse ikongera ubumenyi bwababbonyemo akazi ibintu bibafasha kubaka igihugu. 

naho Avuga ku nkunga yatanzwe n'ubwami bw'ubuholande, Dr Claudine, asanga iyi nkunga mu bice binyuranye by'ubutabera izafasha ndetse igatuma abagororwa bahugurwa bakajya basohoka bafite ubumenyi bwunganira ukugororoka akemeza ko ari ibintu bizabafasha kwiteza imbere bageze mu miryango.

Ambasaderi w'Ubuholande mu Rwanda Frédérique de Man, avuga ko igihugu cye gishyigikiye cyane kandi kizakomeza gushyigikira iterambere ry'urwego rw'ubutabera burambye mu Rwanda.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize