AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

U Rwanda rwakiriye impano y’inkingo rwahawe na UAE

Yanditswe Jul, 24 2021 17:54 PM | 23,646 Views



Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu u Rwanda rwakiriye impano ya Guverinoma y’Ibihungu byunze Ubumwe by’Abarabu igizwe n'ibikoresho byo kwa muganga n'inkingo za Covid19.

Ibikoresho byatanzwe na Guverinoma y’Ibihungu byunze Ubumwe by’Abarabu, harimo ibitanda byo kwa muganga, ibyuma bibafasha guhumeka ndetse n'inkingo.

Ni ibikoresho bitanzwe mu gihe imibare y'ubwandu, ndetse nabarembejwe n'iyi ndwara  iri kwiyongera muri iyi minsi.

Ibi bikoresho bikigera ku Kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe byakiriwe na Minisitiri w'Ubuzima Dr Daniel Ngamije wavuze ko bizafasha cyane mu rugamba rwo guhangana na Covid19.

Ambasaderi w’Ibihungu byunze Ubumwe by’Abarabu mu Rwanda, Hazza Alqatani, yavuze ko iyi nkunga atari iya mbere kandi ko ubufasha nk’ubu buzakomeza kubera umubano mwiza n'ubufatanye usanzwe hagati y'ibihugu byombi.

Yagize ati “Iki ni ikimenyetso cy'uko Guverinoma y’Ibihungu byunze Ubumwe by’Abarabu yifatanyije n' u Rwanda ubuyobozi ndetse n'abaturage haba mu bihe bibi cyangwa ibyiza, muri ibi bihe by’icyorezo igihugu cyacu cyiyemeje gufatanya n'u Rwanda kurwanya Covid19 twivuye inyuma kandi Imana nibishaka tuzagitsinda burundu. Rero iyi mpano si iya mbere ni iya kabiri duhaye abavandimwe b’Abanyarwanda kandi ni ikimenyetso cy'ubufatanye bwiza bwacu n'abavandimwe b'Abanyarwanda.”

Inzego z'ubuzima mu Rwanda zigaragaza ko zikomeje gushyira imbaraga mu gukingira abantu benshi, ndetse hashorwa amafranga menshi mu kugura inkingo kuko ubushakashatsi kuri Covid19 bwagaragaje ko urukingo rufite akamaro n'igihe habaho kwihinduranya kw’iyi virusi.


Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama