AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

U Rwanda rwahawe inguzanyo na Koreya ya miliyari 64 yo gukwirakwiza amashanyarazi

Yanditswe Nov, 26 2020 22:09 PM | 164,057 Views



Guverinoma y'u Rwanda n'iya Korea zasinyanye amasezerano y'inguzanyo ingana na miliyali 64 z'amafaranga y'u Rwanda azashorwa mu bikorwa byo gusakaza ingufu z'amashanyarazi. Ni inguzanyo izishyurwa mu gihe cy'imyaka 40.

Ni amafaranga azatangira kwishyurwa nyuma y'imaka 15 uhereye uyu munsi. Ubwo yaganiraga n'abanyamakuru nyuma yo gusinya ayo masezerano y'inguzanyo ya leta ya Korea y'epfo, Minisitiri w'imari n'igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yavuze ko nubwo icyorezo cya COVID-19 hari byinshi cyahungabanyije ariko ngo intego y'igihugu ikiri ya yindi yo gukwirakwiza amashanyarazi mu ngo zose 100% kugeza muri 2024.

Kugeza ubu, ingufu z'amashanyarazi zigera kuri 56% y'imiryango yose mu gihugu. Minisitiri Uzziel Ndagijimana akavuga ko aya mafaranga azashorwa mu kunganira ibikorwa byo kwagura imiyoboro y'amashanyarazi.

Ambasaderi wa Korea mu Rwanda JIN Weon Chae yibukije ko u Rwanda rugomba kuzirikana ko Korea ari umufatanyabikorwa witeguye kujyana narwo mu rugendo rwarwo rwo kwiyubaka. Maze avuga ku kamaro k'ingufu z'amashanyarazi muri uko kubaka ubukungu bushingiye ku nganda.

Imiyoboro izungukira mu ishyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga uzashorwamo aya mafaranga ni uwo kwagura imiyoboro y'amashanyarazi kuri za sitasiyo za Gasogi, Mamba, Nyabihu, Rwabusoro na Nyabarongo.



RUZIGA EMMANUEL MASANTURA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura