AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

U Rwanda ruravuga ko bitarenze mu 2030 imiryango itishoboye 2 800 000 izaba yabonye telefoni zigezweho

Yanditswe Jun, 08 2022 16:24 PM | 69,619 Views



U Rwanda rwasezeranyije abitabiriye inama mpuzamahanga ku iterambere ry'ikoranabuhanga, ko bitarenze mu mwaka wa 2030 imiryango itishoboye igera kuri 2 800 000 izaba yabonye telefoni zigezweho “ smartphones”.

Hagati aho ariko Minisitiri w'intebe wa Luxembourg Xavier Bettel akaba asaba abagezwaho iryo koranabuhanga kuryitondera kuko ridashobora gusimbura ikiremwamuntu.

Mu kiganiro cyo ku rwego rwo hejuru cyitabiriwe na minisitiri w'intebe wa Luxembourg Xavier Bettel ku bwa Kabiri, wagarutse ku buryo icyorezo cya COVID19 cyerekanye uburyo ikoranabuhanga rifatiye runini ikiremwamuntu ariko nanone ngo ntiryamusimbura.

Yagize ati "Mwibaze iyo COVID19 iza nta koranabuhanga dufite! Nabashije gukora inama nifashishije ikoranabuhanga ry'uburyo bunyuranye ndetse tunabasha gukorera no mu rugo. Twanashoboye gukomeza amasomo abantu bakomeza kwiga mu ihe cy'icyorezo. Ariko nanone dukwiye kuba maso kugirango ikoranabuhanga ritaba iry'abantu bake bibera mu mijyi gusa cg urubyiruko. Ikindi nanone ntitwibagirwe ko nubwo dufite iryo koranabuhanga ritagomba gusimbura imibanire isanzwe n'ubusabane mu bantu. Munyihanganire kubishimangira ariko mwibuke ko ibi byahoze ari nk'inzozi."

Urubyiruko narwo rwasabye ibihugu n'umuryango mpuzamahanga muri rusange kubashyigikira kugirango batange umusanzu wabo mu kugeza ikoranabuhanga kuri bose nkuko Julianna Navaes uhagarariye bagenzi be muri iyi nama abisobanura.

Muri iyi nama bimwe mu bihugu byagaragaje icyo biteganya gukora mu rwego rwo kugeza ikoranabuhanga kuri bose maze minisitiri w'ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula ashimangira icyerekezo cy'u Rwanda cyo kugeza ikoranabuhanga kuri bose.

"Nk'u Rwanda tuzongera umubare w'abagerwaho n'ikoranabuhanga ridaheza binyuze mu gushora imari mu bikorwa bizatuma tugera ku byiciro by'abantu bikiri inyuma ndetse no mu duce twasigaye inyuma. Aho harimo koroshya uburyo bwo kubona ibikoresho by'ikoranabuhanga, koroshya uburyo bwo kubona inkunga n'inguzanyo ndetse na gahunda yo kugeza murandasi hose haherewe ahakorera inzego za leta, amashuri, ibitaro n'ahandi. Tuzafasha kandi imiryango itishoboye kuburyo buri muryango wose mu gihugu ugira telefone igezweho ya smartphone."

"Haracyari byibura imiryango igera kuri miliyoni ebyiri n'ibihumbi magana inani ikeneye smartphone bitarenze 2030. Hagati aho ariko nanone turatekereza no ku bikoresho by'ikoranabuhanga rigezweho nkuko n'uhagarariye urubyiruko yabivuze. Twiyemeje kugeza murandasi ku mashuri yose kugirango abanyeshuri bose babone amakuru n'ibikoresho bituma babasha kujyana n'iterambere ry'imyigire rikomeje gutera imbere nkuko tubibona uu munsi."  

Iyi nama ya World Telecommunication Development Conference yabanjirijwe n'indi y'urubyiruko yo izwi nka  generation connect global youth summit 2022 nayo yabereye i Kigali mu cyumweru gishize, bikaba ari ku ncuro ya mbere izi nama zombi zibereye ku mugabane wa Afurika.

Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama