Yanditswe Jul, 09 2021 12:23 PM | 149,653 Views
Guhera
kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Nyakanga, u
Rwanda rwohereje muri
Mozambique mu ntara ya Cabo Delgado, itsinda ry’ingabo na polisi, bose hamwe bazaba ari 1, 000, nyuma
y’uko leta isabwe ubu bubafasha na leta ya Mozambique mu rwego rwo kurwanya
imitwe y’iterabwoba ikorera muri iki gihugu.
Ku
ikubitiro ku munsi wa mbere kuri uyu wa Gatanu abasirikare 156 bo mu ngabo z’u
Rwanda RDF ndetse nabapolisi 40 bose bafashe indege ya RwandAir berekeza muri
Mozambique nyuma yo guhabwa n’umugaba wingabo zirwanira kubutaka, Lt Gen Mubarak Muganga ari kumwe n’umuyobozi
mukuru wungirije wa Polisi y’igihugu DCG Felix Namuhoranye.
Izi ngabo z’u Rwanda zizakorana n’ingabo za Mozambique ndetse n’ingabo z’Umuryang w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Magyepfo ya Afurika, SADC mu kubungabunga umutekano mu bice byatoranijwe aha muri Mozambique.
Izi ngabo z’u Rwanda zizatanga ubufasha kuri leta ya Mozambique haba mu bikorwa by’intambara no kubungabnga umutekano, ndetse no gukora amavugurura mu birebana no kubungabunga umutekano.
Iki ni igikorwa kiri mu rwego rw’ubufatanye hagati y, u Rwanda na Mozambique nyuma y’amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi mu 2018 ashimangirwa n’umuhate u Rwanda rufite mu kurinda abasivile.
Guhera mu mwaka wa 2017, agace ka Cabo Delgado kagiye kibasirwa n’ibitero by’imitwe y’iterabwoba rimaze guhitana ubuzima bw’abasaga 3000 abandi benshi bavanwe mu byabo.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru