AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

U Rwanda rugiye gushyira ku isoko Telefone zakorewe mu Rwanda

Yanditswe Mar, 16 2019 12:28 PM | 3,952 Views



Ministiri w'Ikoranabuhanga mu itumanaho  no guhanga udushya INGABIRE Paula, yizeza ko hagati y'ukwezi kwa Gicurasi n'u kwa Kamena 2019, u Rwanda ruzashyira ku isoko telefone zigezweho zikorerwa mu Rwanda.

Ministiri INGABIRE Paula avuga ko hashyizweho ingamba kugirango ibikoresho by'itumanaho nk'iminara na telefoni zigezweho bikomeze kwegerezwa abaturage kandi bakoroherezwa kuzishyura.

Ubwo yavugaga kuri izi telefone, Minisitiri Ingabire agira ati "Telephone za 'Made in Rwanda' ni nka smartphones zisanzwe itandukaniro ryazo nuko twagiye tureba serivisi zigenda zitangwa nabafatanyabikorwa batandukanye, twagiye tubyerekana mu buvuzi mu burezi mu buhinzi za smart nkunganire noneho icyo turimo dukorana nuyu mushoramari uzazana izi telephone za made in Rwanda ni ukugira ngo iyo telefone izajye iza ifite izo serivisi zose ziri muri iyo telefone byorohere umuturage wayiguze abashe koroherezwa kugira ngo akoreshe izo serivisi yifashishije iyo smart phone."

Yongeraho ati "Uyu munsi urebye ibiciro bya smart phone ntabwo byoroha ngo umuturage yishyure iyo icyo giciro icyarimwe kugira ngo ayibone.Ariko arinabyo twagiye tubagaragariza tubashije gushyiraho ingamba ziborohereza kwishyura izo telefone mu mezi 12 cyangwa 24 bifasha korohereza abaturage kugira ngo babashe gutunga smart phone zibafasha mu mibereho yabo no mu iterambere."

Kugeza ubu umubare w'abari n'abategaruguri mu Rwanda bafite ubumenyi mu ikoranabuhanga (DIGITAL LITERACY) uri ku kigereranyo cya 16%.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura