Yanditswe Jun, 04 2020 11:04 AM | 33,404 Views
Leta ya Uganda iratangaza ko mu cyumweru gitaha izarekura abanyarwanda
130 bari bafungiwe mu magereza atandukanye yo muri icyo gihugu.
Ibi
byatangajwe na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga wa Uganda Sam Kutesa mu
nama yahuje intumwa z'ibihugu by'u Rwanda na Uganda ndetse n'iz'ibihugu
bihuza ari byo Angola na DRC.
Intumwa z'u Rwanda muri ibi biganiro ziyobowe na Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'Ubutwererane Dr. Vincent Biruta mu gihe iza Uganda ziyobowe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'icyo gihugu Sam Kutesa.
Mu ijambo rye,Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga w'u Rwanda, Dr. Vincent Biruta yagaragaje ko u Rwanda rutewe impungenge no kuba Leta ya Uganda ikomeje kurenga nkana ku myanzuro yafatiwe mu nama zabanjirije iy'uyu munsi ibintu yavuze ko bishimangira ubushake buke Uganda ifite mu gukemura ikibazo kiri mu mubano w'ibihugu byombi.
Minisitiri Biruta yatanze urugero rw'aho ku itariki 18 z'ukwezi gushize kwa Gicurasi, abagore 2 b'abanyarwandakazi bajugunywe ku mupaka w'ibihugu byombi nyuma yo guhohoterwa n'inzego z'umutekano za Uganda.
Uganda kandi ngo ikomeje kwinangira kuko kugeza magingo aya yanze kurekura amagana y'abanyarwanda bafungiwe muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n'amategeko, ikaba kandi yaranze kwitandukanya n'imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda ikorera ku butaka bwa Uganda nta nkomyi.
Minisitiri Kutesa yavuze ko nyuma y'iperereza ryakozwe ku banyarwanda bafungiwe mu magereza atandukanye muri Uganda, basanze abagera ku 130 bagomba gushyikirizwa u Rwanda ndetse Uganda ikazabashyikiriza u Rwanda mu cyumweru gitaha ku mupaka wa Kagitumba na Milama.
Nubwo biri uko ariko, minisitiri Kutesa yemeye ko hari abandi banyarwanda 310 bafungiye muri Uganda, avuga ko bakurikiranywe n'ubutabera bw'igihugu cye.eta ya Uganda iratangaza ko mu cyumweru gitaha izarekura abanyarwanda 130 bari bafungiwe mu magereza atandukanye yo muri icyo gihugu.
Uganda ivuga ko izabashyikiriza u Rwanda mu cyumweru gitaha ku mupaka wa Kagitumba na Milama.
Nubwo biri uko ariko, minisitiri Kutesa yemeye ko hari abandi banyarwanda 310 bafungiye muri Uganda, avuga ko bakurikiranywe n'ubutabera bw'igihugu cye.
Ibiganiro by'uyu munsi ni byo bya mbere bikurikiye inama ya Gatuna-Katuna yahuje abakuru b'ibihugu by'u Rwanda na Uganda kuwa 21 Gashyantare, inama yanitabiriwe n'abakuru b'ibihugu bya Angola na DRC nk'abahuza.
Divin UWAYO
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru