AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

U Rwanda na Uganda byiyemeje gufatanya mu gukemura ibibazo biterwa na ADF na FDLR

Yanditswe Mar, 24 2023 17:55 PM | 42,514 Views



Leta y’u Rwanda n’iya Uganda ziyemeje gutahiriza umugozi umwe muri nzego za politiki, igisirikare n’umutekano mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’umutekano muke uterwa n’imitwe y’iterabwoba irimo ADF na FDLR yombi ifite ibirindiro mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye ane arimo arebana no kujya inama mu bya politiki, ibirebana n’abinjira n’abasohoka, ubutwererane mu butabera ndetse n’amategeko.

Ni amasezerano yashyiriweho umukono i Kigali kuri uyu wa Gatanu ubwo hasozwana inama ya nama ya 11 ya komisiyo ihuriweho n’ibihugu byombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Gen. Jeje Odongo yavuze ko kuba ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano arebana no kujya inama ku byemezo bya politiki ari umusingi ukomeye mu gukemura ibibazo bitandukanye birimo n’iby’umutekano muke ibihugu byombi biterwa n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa DRC.

Yagize ati “Ibibazo byo mu Burasirazuba bwa DRC bitugiraho ingaruka twembi. ADF itera ibibazo Uganda ikorera muri DRC ndetse na FDLR itera ibibazo u Rwanda na yo ikorera mu Burasirazuba bwa DRC. Guhuza amaboko rero biruta kuba nyamwigendaho uri umwe. Ni yo mpamvu navuze ko tuzakomeza gukorera hamwe kugira ngo dufatanyije n’akarere binyuze mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba no mu nama y’Akarere ku mutekano w’Akarere k’ibiyaga bigari, dutange umusanzu wacu mu bisubizo. Kujya inama twemeranyijeho bizadufasha kugira imyumvire imwe mu kubona igisubizo cy’ikibazo cyo mu burasirazuba bwa DRC.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta na we avuga ko iyi nama ndetse n’aya masezerano ari ikimenyetso cy’ubushake buhamye bwo guteza imbere kurushaho umubano mwiza n’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.

Ati “Inama ya 11 ya komisiyo ihuriweho n’ibihugu byombi izibukirwa ku masezerano y’ubufatanye arebana no kujya inama muri politiki, arebana n’abinjira n’abasohoka n’ay’ubutwererane mu butabera ndetse n’amategeko tumaze gushyiraho umukono. Iyi myanzuro irashimangira ubushake dufite bwo kwagura ubutwererane bwacu n’imikoranire mu nzego zose z’ingirakamaro ku mibanire yacu. Iyi nama y’iyi komisiyo iri mu murongo mwiza w’ubushake bwa politiki bw’abakuru b’ibihugu byacu byombi bwo kuvugurura umubano wacu. Tugomba gukomeza kuri uyu muvuduko mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo byafatiwe muri iyi nama.”

Minisitiri Biruta yemeje kandi ko u Rwanda rwafunguriye amarembo sosiyete y’indege ya Uganda Airlines ibintu Minisitiri Odongo avuga ko ari ingirakamaro mu mibanire y’ibihugu byombi.

Ati “Uganda irishimira ko abayobozi b’u Rwanda bemereye sosiyete ya Uganda Airlines gukorera mu Rwanda, bikazatuma itangira ingendo hagati ya Entebbe na Kigali. Ibi bizongera ubucuruzi binateze imbere kurushaho ubusabane hagati y’abaturage b’impande zombi.

Muri iyi nama Minisitiri Biruta yatangaje ko mu minsi ya vuba ateganya kugirira uruzinduko i Kampala rugamije gutsura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda.

Biteganyijwe kandi ko mu myaka 2 iri imbere ari bwo hazongera kuba inama ya 12 yo kuri uru rwego ikazabera muri Uganda. Gusa hagati aho hateganyijwe indi nama izasuzumira hamwe aho ibyemezo byafashwe bigeze bishyirwa mu bikorwa.

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage