AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

U Rwanda na Liberia basinye amasezerano y'ubufatanye mu bijyanye n'imisoro

Yanditswe Aug, 24 2017 15:16 PM | 8,168 Views



Ikigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro (Rwanda Revenue Authority) cyasinye amasezerano y'ubufatanye n'ikigo cy'imisoro n'amahoro cya Liberia.

Ni amasezerano agamije guteza imbere imikoranire hagati hagati y'ibigo byombi no gusangira ubumenyi mu rwego rwo kurushaho kunoza imitangire ya serivise no guteza imbere ubukungu bw'ibihugu byombi.

Richard Tusabe komiseri mukuru w'ikigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro avuga ko ubu bufatanye buzahindura byinshi mu mikorere y'ibigo byombi bukanafasha mu gukemura ibibazo impande zombi zihuriyeho.

 Ku rundi ruhande Elfrieda Stewart Tamba Komiseri w'ikigo cy'imisoro n'amahoro cya Liberia avuga ko hari byinshi bazigira ku Rwanda nk'igihugu gikunze kugaragazwa nk'igifite ubukungu bwihuse.

Muri aya masezerano impande zombi zemeranyije guhana amakuru, kungurana ubumenyi hagati y'abakozi b'ibigo byombi , ndetse no kuganira ku buryo bwo kunoza imikorere  n'imitangire ya serivisi. Itsinda ryaje rihagarariye ikigo cy'imisoro cya Liberia muri uru ruzinduko rw'imishi 2 rikazanasura urwibutso rwa Jenoside rwa gisozi bakunamira inzirakarengane zihashyinguye.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama