AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

U Rwanda na DRC mu nama ku buziranenge

Yanditswe Mar, 03 2022 17:21 PM | 44,789 Views



Inzego zishinzwe ubuziranenge mu Rwanda no muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo zisanga guhuza amategeko n'amabwiriza agenga ubuziranenge ari kimwe mu bizarwanya iyinjizwa ry'ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge bishobora kuva mu gihugu kimwe bijya mu kindi.

Abaturage b'u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo ni bamwe mu bakorana ubucuruzi ku rwego rwo hejuru kandi bugakorwa mu byiciro binyuranye burimo ubucuruzi bw'ibiribwa, n'ibinyobwa byaba ibinyujiwe mu nganda byongerewe agaciro n'ibitaragezwa mu nganda.

Umuyobozi w'ikigo cy'igihugu gitsura ubuziranenge(RSB) Raymond Murenzi avuga ko ari ngombwa ko ibihugu byombi bifatanya mu bugenzuzi bw'ubuziranenge ku nyungu y'ubuzima bw'abaturage kandi ngo ibi bigomba gukorwa ku bucuruzi buto n'ubunini kugira ngo he kugira igicuruzwa gisigara inyuma.

Yagize ati "Si ngombwa ko upimira ubuziranenge ku mupaka ahubwo ikigo gitsura ubuziranenge gitanga Smark hanyuma ugifite akajya mu gihugu cy'abaturanyi nta nkomyi batongera kumusaka nta guhera ku mupaka. Ikindi navuga ni ubucuruzi butoya aho ushaka kwambutsa ibicuruzwa bikeya, hari uburyo bwo kureba ubuziranenge bwabyo ukoresheje amaso, ariko nanone ku gice cy'u Rwanda dukomeza gutanga amahugurwa ku buryo babijyana byujuje ubuziranenge."

Intumwa z'u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo zifite aho zihuriye n'ishyirwa mu bikorwa ry'amabwiriza y'ubuziranenge ziteraniye i Kigali mu nama y'iminsi 3 aho zirabera hamwe ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano yasinywe n'impande zombi mu Ugushyingo mu mwaka wa 2020.

Ni amasezerano akubiyemo ibirebana no kuvanaho inzitizi mu bucuruzi, guhuza amabwiriza y'ubuziranenge, gusangira amakuru muri uru rwego, guhanahana ubunararibonye, ishyirwaho ry'ibikorwaremezo mu gutsura ubuziranenge n'ibindi. 

Umuyobozi Mukuru w'ikigo gitsura ubuziranenge muri Kongo (Office Congolais de Controle) Gaby Lubiba Mampuya ashimangira ko ubu bufatanye bugamije gufasha abaturage b'ibihugu byombi bazakoresha ibicuruzwa byujuje ubuziranenge.

Ati "Dutanze nk'urugero Kongo ni kimwe mu bihugu bitunganya chocolat nyinshi muri aka karere kandi abana muri rusange harimo n'Abanyarwanda bakunda chocolat nyamara inyinshi ziva mu bihugu bya kure, ni yo mpamvu izo muri Kongo naz o zigomba guhabwa ikirango kugira ngo zize hano, ibyo byose ni inyungu mu bucuruzi ariko nanone ibyo abaturage bacu bakoresha bigomba kuba byujuje ubuziranege."

Mu gihe cy'iminsi 3 iyi nama ibera i Kigali izamara, usibye kungurana ibitekerezo ku ishyirwa mu bikorwa ry'amabwiriza y'ubuziranenge, izi ntumwa z'ibihugu byombi zizanasura inganda zitandukanye n'icyambu cyo ku butaka cya Dubai gihereye i Masaka. 



Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama