AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

U Rwanda na Congo Brazaville byagiranye amasezerano akubiyemo ubutwererane mu bya gisikare

Yanditswe Nov, 24 2021 19:11 PM | 41,570 Views



Kuri uyu wa Gatatu, u Rwanda na Congo Brazaville byagiranye amasezerano y'ubutanye binyuze muri Minisiteri z'Ububanyi  n'Amahanga z'ibihugu byombi, akubiyemo ubutwererane mu bya gisirikare, uburezi n’ibindi.

Ni amasezerano yasinywe mu buryo bw'ikoranabuhanga, ku ruhande rw' u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr Vincent Biruta naho ku ruhande rwa Congo Brazaville asinywa na Minisitiri ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga, Denis Christel N'guesso.

Aya masezerano akubiyemo ubutwererane mu bya gisirikare, Uburezi (ku rwego rwa Kaminuza) ubutaka, ubufatanye mu iterambere rirambye no kubungabunga amashyamba, guteza imbere ubucuruzi hagati y'ibihugu byombi no gukomeza kwagura ubufatanye mu guteza imbere ingendo zo mu kirere.

Dr Vincent Biruta avuga ko umubano hagati y'ibihugu byombi uhagaze neza, kandi ushingiye ku guteza imbere ubutwererane.

Aya masezerano ashyizweho umukono mu nama ya 5 yagombaga kubera muri Congo Brazaviile ariko ntibikunde, kubera icyorezo cya Covid-19, bikaba biteganyijwe ko inama nk'iyi izabera mu Rwanda umwaka utaha.


Kwizera John Patrick




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama