AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

U Rwanda mu bufatanye na Pfizer mu kubona imiti ihanitse

Yanditswe May, 25 2022 12:13 PM | 82,262 Views



Kuri uyu wa Gatatu u Rwanda rwinjiye mu bufatanye bushya na kompanyi ya Pfizer buzatuma inzego z’ubuvuzi mu Rwanda kubona inkingo n’imiti yo ku rwego ruhanitse ikorwa na Pfizer yari isanzwe yihariwe n’ibihugu bikize gusa.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame agaragaza ubu bufatanye nk’intambwe ikomeye mu kugabanya ubusumbane mu rwego rw’ubuvuzi hagati y’ibihugu bikize n’ibikiri mu nzira y’amajyambere.

Umuhango wo gutangiza ubu bufatanye ku mugaragaro wabereye i Davos mu Busuwisi mu nama y’ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu ku Isi, World Economic Forum.

Mu kiganiro n’abanyamakuru Umuyobozi mukuru wa Pfizer Albert Bourla yavuze ko ubu bufatanye bwiswe Accord for a Healthier World cyangwa se amasezerano ku buzima buzira umuze ku Isi yatekerejwe nyuma yaho icyorezo cya COVID19 cyerekanye icyuho n’ubusumbane bukabije mu nzego z’ubuzima z’ibihugu bikize n’ibikiri mu nzira y’amajyambere.

Yagize ati “Turi mu gihe aho ikoranabuhanga rikomeje kwerekana ubushobozi bwo guhanagana n’ibyorezo cg indwara zugarije Isi. Ikibabaje ariko ni uko mu Isi yacu hari icyuho kinini mu rwego rw’ubuzima gituma bamwe muri twe bagerwaho n’ibishya bivumburwa abandi ntibibagereho. Hamwe n’amasomo twise n’ibyo twagezeho muri iyi myaka 2 ishize igihe kirageze ngo tuzibe icyo cyuho. Ni muri urwo rwego Pfizer yishimiye kandi itewe ishema no gutangaza ubufatanye ku buzima buzira umuze ku Isi. Mu buryo butagamije inyungu, binyuze muri iyi gahunda, Pfizer izageza imiti yose n’inkingo ikora, harimo n’isanzwe iboneka muri USA cyangwa I Burayi, ku baturage bagera kuri miliyari imwe na miliyoni 200 bo mu bihugu 45 bikiri mu nzira y’amajyambere. Guverinoma z’ibihugu by’u Rwanda, Malawi, Ghana, Senegal na Uganda byamaze kwemera gukorana natwe.”

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ubu bufatanye nk’intambwe ikomeye yo kuziba icyuho n’ubusumbane mu rwego rw’ubuzima kuko ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere nabyo bigiye kubona imiti yo ku rwego ruhanitse yari isanzwe yihariwe n’ibihugu bikize gusa.

Ati “Mbere na mbere ndashimira Pfizer n’umuyobozi wayo Dr. Bourla kuri iyi gahunda. Gutanga imiti n’inkingo byo ku rwego ruteye imbere mu buryo bwihuse kandi budahenze ni umusingi ukomeye w’iyi gahunda y’ubuzima buzira ubusumbane ku Isi. Ukwiyemeza kwa Pfizer binyuze muri ubu bufatanye ni urugero rwiza rw’ibikwiye muri uru rwego twizeye ko n’abandi bazakurikiza. Ubu bufatanye bukubiyemo n'irindi shoramari rigamije kongerera imbaraga inzego z’ubuzima n’izitsura ubuziranenge bw’imiti ku mugabane wa Afurika ni intambwe y’ingirakamaro igana ku mutekano w’ubuzima mu buryo burambye mu bihugu by’amikoro atandukanye. U Rwanda rwishimiye kugira uruhare muri ubu bufatanye hamwe n’ibindi bihugu kandi twishimiye kongera iyi miti n’inkingo birokora ubuzima mu buvuzi bw’igihugu cyacu.”

Mu bandi bitabiriye ikiganiro n’abanyamakuru cyatangarijwemo ubu bufatanye harimo Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera ndetse n’Umuherwe w’Umunyamerika Bill Gates.


Divin UWAYO 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira