Yanditswe Mar, 11 2019 10:52 AM | 7,178 Views
Umunyamabanga wungirije wa Leta ya Amerika ushinzwe Afurika, Tibor Nagy yagiranye ibiganiro ku munsi w'ejo ku Cyumweru na Perezida wa Republika Paul Kagame.
Tibor Nagy yavuze ko yagiranye ibiganiro byiza kandi by'ingirakamaro na Perezida Kagame. Muri ibi biganiro hari harimo na Ministiri w'Ububanyi n'Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera na Ambasaderi w'u Rwanda muri Amerika Mathilde MUKANTABANA.
Tibor Nagy uri mu ruzinduko mu Rwanda ari buze
gutanga ikiganiro kuri uyu wa Mbere muri Kaminuza ya Carnegie Mellon, gifite insanganyamatsiko
igaruka ku Gukomeza umubano hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Rwanda.
Ibiganiro byabo byibanze ku kubakira ku bufatanye buri hagati y'u Rwanda na Amerika mu kongera ishoramamari n'ubucuruzi, ari nako habungabungwa amahoro n'umutekano mu karere.
Tibor Nagy aje mu Rwanda avuye muri Uganda aho ri mu ruzinduko asura ibihugu by'arfrika yo hagati.
Inkuru ya Ismael Mwanafunzi - Radio Rwanda
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru