AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Senateri Bishagara Kagoyire Therese yitabye Imana

Yanditswe Jul, 08 2019 19:40 PM | 15,733 Views



Itangazo rya Perezida w’Umutwe wa Sena riravuga ko Senateri Bishagara Kagoyire Therese yitabye Imana kuri uyu wa 8 Nyakanga, akaba yapfiriye mu Bitaro byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari yagiye kwivuriza.

Iri tangazo rivuga ko ryifatanyije mu kababaro n'umuryango wa nyakwigendera, rikanavuga ko imihango yo guherekeza nyakwigendera izatangazwa nyuma.

Senateri Kagoyire  wari ufite imyaka 67, yari ahagarariye yatowe ahagarariye Intara y'Uburengerazuba, akaba yarageze mu Mutwe wa Sena muri 2011.

Imwe mu mirimo Senateri Kagoyire yakoze

Mu mwaka wa 1995 na 1996 yabaye umwe mu itsinda ry’abashakashatsi mu muri gahunda y’Igihugu yo kurwanya icyorezo cya SIDA yitwaga PNLS yaje no guhinduka CNLS.

Guhera 1996 kugera 2004, yabaye Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Kigali (KHI).

Guhera mu 1999 kugeza 2003, yabaye umwarimu udahoraho wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.

Yakoreye imiryango mpuzamahanga inyuranye, harimo  JHPIEGO, Save The  Children n'iyindi.

Yabaye Perezida wa Profemmes Twese Hamwe  guhera 2007 kugeza 2011.

Yabaye mu nama z’ubuyobozi z’inzego zinyuranye zirimo FAWE Rwanda na ULK.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira