Yanditswe Dec, 04 2018 23:33 PM | 37,009 Views
Komisiyo y’imibereho
y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu muri sena Iratangaza ko n’ubwo hari
intambwe ishimishije yatewe mu ishyirwa mu bikorwa ry’integanyanyigisho
zishingiye ku bushobozi mu mashuri abanza n’ayiumbuye, ngo hari bimwe mu bibazo
bishingiye ku ngengo y’imari idahagije n’igenamigambi rinoze kugira iyo gahunda izarusheho kugenda neza.
Muri raporo komisiyo y’imibereho y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu muri sena yashyikirije inteko rusange ya Sena, hari ibyo komisiyo yasuzumye ubwo yasuraga ibigo by'amashuri mu turere 13 hirya no hino mu gihugu. Mu byo iyo komisiyo yashimye ni intambwe yatewe mu banyeshuri mu gushyira mu bikorwa integanyanyigisho zishingiye ku bushobozi mu mashuri abanza n’ayiumbuye,iterambere ry'ururimi rw'icyongereza n'ibindi. Gusa, ngo haracyari ikibazo cy'ibikoresho bike birimo na za mudasobwa ndetse na murandasi idahagije, amafaranga atinda kugera ku bigo by'amashuri n'ibindi n'uko bisobanurwa na perezida w'iyo Komisiyo Hon Niyongana Galican. Ati, "Haracyari ikibazo cya Internet, ku buryo no kubona ibitabo ntacyo byaba bimaze iki kibazo kidakemutse. Ku kibazo cya mudasobwa hari ikibazo cy'uko zimwe zipfa ntizisanwe, ikibazo cy'amafaranga y'ishuri atinda, n'ayo kugaburira abanyeshuri biba ngombwa ku bajya kwikopesha ugasanga nayo aratinda. Ibyo kubaka inzego zituma urwego rw'uburezi rukomeye ni ikibazo.''
Abandi basenateri bari muri iyo nteko rusange bavuga ko hari ibindi bibazo bikwiye kwitabwaho kugira ngo gushyira mu bikorwa integanyanyigisho zishingiye ku bushobozi mu mashuri abanza n’ayiumbuye zigende neza. Senateri Sindikubwabo Jean Nepomuscene yagize ati, ''Ku bijyanye n'uburezi mu mashuri y'incuke niko igihugu cyacu gisa n'ikidahagaze neza, kandi amashuri y'incuke amenshi aracyari mu biganza by'ababyeyi n'abikorera, abayajyamo hirya no hino mu cyaro ni bake kubera ubushobozi buke bw'ababyeyi. Iyo nteganyanyigisho ni iki yateganyije mu gukemura iki kibazo?''
Imibare Sena ikesha
inzego z'uburezi, igaragaza ko ku bijyanye n'ikoranabuhanga, amashuri abanza
1523/1575 yahawe mudasobwa imwe ku mwana. Naho amashuri yisumbuye ya leta
n'afashwa na leta bw'amasezerano, agera kuri 707 ahabwa mudasobwa.
Inteko rusange ya sena yasabye ko guverinoma yategura mu gihe cy'amezi 6 gahunda y'ibikorwa bishingiye ku cyegeranyo cy'ibibazo biri mu mashuri yose. Imitwe yombi y'inteko ishinga amategeko kandi nibwo yasoje igihembwe bya mbere gisanzwe.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
5 hours
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru