AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Sena yasabye ko ishyirwa mu bikorwa ry’ibishushanyo mbonera by'imijyi ryihutishwa

Yanditswe Dec, 02 2022 05:15 AM | 209,574 Views



Kuri uyu wa Kane, Sena y’u Rwanda yasabye inzego zishinzwe iterambere ry’imijyi kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ibishushanyo mbonera by’imijyi, n’aho bitari bigakorwa mu buryo bwihuse. 

Abasenateri ubwo bari mu nteko rusange bagejejweho raporo ya komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari, yakoze mu rwego rwo kumenya ibikorwa mu kwihutisha iterambere rirambye ry’imijyi. Iyi raporo igaragaza ko mu mijyi hakigaragara imiturire ibangamira iyagurwa ry’imihanda, abubaka inzu ku butaka bunini, imihanda idahagije n’idakoze neza bikerereza abagenzi bakora ingendo mu buryo bwa rusange n’ibindi.

Usibye ibi, senateri Evode Uwizeyimana hari n’ibindi agaragaza ko hari ibikorwaremezo byubatswe vuba birimo inyubako ariko ugasanga bitajyanye neza n’ibyo imijyi isaba.

Kuri iyi raporo Sena yemeje imyanzuro irimo n’usaba guverinoma kuvugurura imicungire n’imiyoborere y’imijyi yunganira uwa Kigali n’iwugaragiye kugira ngo biyifashe gutera imbere mu buryo burambye. 

Basabye kandi ko ibishushanyo mbonera by’imijyi ibihari byubahirizwa aho bitari bikihutishwa gukorwa.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira