Yanditswe Dec, 02 2022 05:15 AM | 209,574 Views
Kuri uyu wa Kane, Sena y’u Rwanda yasabye inzego zishinzwe iterambere ry’imijyi kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ibishushanyo mbonera by’imijyi, n’aho bitari bigakorwa mu buryo bwihuse.
Abasenateri ubwo bari mu nteko rusange bagejejweho raporo ya komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari, yakoze mu rwego rwo kumenya ibikorwa mu kwihutisha iterambere rirambye ry’imijyi. Iyi raporo igaragaza ko mu mijyi hakigaragara imiturire ibangamira iyagurwa ry’imihanda, abubaka inzu ku butaka bunini, imihanda idahagije n’idakoze neza bikerereza abagenzi bakora ingendo mu buryo bwa rusange n’ibindi.
Usibye ibi, senateri Evode Uwizeyimana hari n’ibindi agaragaza ko hari ibikorwaremezo byubatswe vuba birimo inyubako ariko ugasanga bitajyanye neza n’ibyo imijyi isaba.
Kuri iyi raporo Sena yemeje imyanzuro irimo n’usaba guverinoma kuvugurura imicungire n’imiyoborere y’imijyi yunganira uwa Kigali n’iwugaragiye kugira ngo biyifashe gutera imbere mu buryo burambye.
Basabye kandi ko ibishushanyo mbonera by’imijyi ibihari byubahirizwa aho bitari bikihutishwa gukorwa.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru