AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

SENA yasabye Guverinoma gukaza ingamba zo guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro

Yanditswe May, 27 2022 18:16 PM | 155,400 Views



Inteko rusange ya Sena irasaba Guverinoma gukaza ingamba zo guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko, ndetse no kwihutisha gahunda yo gusaranganya ibigo by’imari  amafaranga yashyizwe mu kigega nzahurabukungu kugira ngo akoreshwe icyo yashyiriwemo bidatinze.

Ikibazo cy’izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko kimaze iminsi kivugwa ndetse abahanga mu by’ubukungu bakakigaragaza nk’imwe mu ngaruka z’icyorezo cya COVID19 ndetse n’intambara y’Uburusiya na Ukraine.

Mu bitekerezo bya Sena ku mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya leta y’umwaka wa 2022/2023 byemejwe n’inteko rusange kuri uyu wa Gatanu, harimo gusaba guverinoma kwihutisha isaranganywa ry’amafaranga y’ikigega nzahurabukungu ndetse no gukomeza kwita ku kibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Hagati aho ariko tariki 18 z’uku kwezi kwa Gatanu guverinoma y’u Rwanda yatangije icyiciro cya kabiri cy’ikigega nzahurabukungu. 

Agitangiza Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yijeje ko uretse umwihariko wahawe inzego z’ubukungu zititaweho cyane mu cyiciro cya mbere cy’iki kigega mu cyiciro cya 2 hazitabwa no ku mishinga ishobora kwihutsha izahuka ry’ubukungu ndetse anashimangira ko ikibazo cy’ibiciro ku masoko leta iri maso.

Uretse ibitekerezo byatanzwe ku mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya 2022/2023, abasenateri banagarutse ku mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’igihe giciriritse cy’imyaka 3 iri imbere.

Imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya Leta ya 2022/2023 isaga miliyari ibihumbi bine na Magana atandatu mirongo itanu n’umunani ikaba yariyongereyeho miliyari 217 zingana na 4.9% ugereranyije n’ingengo y’imari y’uyu mwaka wa 2021/2022.

Mu ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2022/2023 ibikorwa byo kwihutisha iterambere ry’ubukungu byihariye 60%, ibyo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage 25% naho iby’imiyoborere byagenewe 15%.

Divin Uwayo




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira