AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Rutsiro: Inkuba yakubise abana batatu,babiri bitaba Imana

Yanditswe Aug, 15 2016 11:22 AM | 2,518 Views



Imvura yaraye iguye ku mugoroba wo kuri iki cyumweru ahagana Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba yagaragayemo inkuba yakubise abana batatu barimo uw’imyaka irindwi n’uwa 13 bavukana ndetse n’uw’imyaka 10 ubwo bari bari kuvoma ku mugezi.

Abo bana bakimara gukubitwa n’inkuba bahise bajyanywa ku bitaro by’i Murunda babiri muri bo bahita bapfa undi akaba agikurikiranwa n’abaganga muri ibyo bitaro.

Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerance, atangaza ko harimo gukorwa ubushakashatsi kugirango bamenye impamvu aka Karere kibasirwa cyane n’inkuba.

Yongeyeho ko hari abemeza ko inkuba zihibasire kubera imisozi miremire abandi bakagaragaza ko biterwa n’amabuye y’agaciro aboneka mu butaka ariko akavuga ko bagitegereje kureba icyo ubushakashatsi bwatangiye gukorwa mu mwaka ushize buzagaragaza.

Ayinkamiye Emerance akaba asaba abaturage kujya birinda kujya munsi y’ibiti n’ahantu hari amazi mu gihe cy’imvura.

Muri aka karere kaza ku isonga mu kwibasirwa n'inkuba mu Rwanda umwaka ushize zahitanye abantu 12. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu