AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Rusizi: MIGEPROF yahagurukiye ikibazo cy’abahungu basaba abakobwa amafaranga ngo babarongore

Yanditswe Nov, 19 2020 21:57 PM | 49,701 Views



Abaturage bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baramagana ingeso mbi yadutse muri bamwe mu basore bo muri uyu Murenge basaba abakobwa  kubaha amafaranga kugira ngo babarongore. Minisiteri y'Uburinganire n'Iterambere ry'umuryango itangaza ko yahagurukiye iki kibazo ku buryo yizeye ko kizacika vuba.

Umuhungu agira atya ngo akegera umukobwa umwe cg benshi akamubwira ko amukunda ndetse yifuza ko bazanibanira akaramata. Cyakora amusaba kubanza kumuha amafaranga yo kugira ibyo ashyira ku murongo,bitaba ibyo ntabe akimurongoye.

Ni ikibazo abaturage bavuga ko kiri mu bikenesha bamwe, cyane cyane ab'amikoro make kubera ko ngo akenshi ayo mafaranga abakobwa bayasaba ababyeyi babo.

Abasore n'abakobwa ntibashatse kugira icyo bavuga kuri iyi ngeso. Umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Nkungu MUSHIMIYIMANA Janvier avuga ko abakunze gukora ibi akenshi ari abatekamitwe.

Abo muri sosiyete civile bo basanga hakwiye ubushakashatsi bwimbitse kuri iki kibazo kugira ngo n'igisubizo cyacyo kizabe kirambye.

Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF Ingabire Assumpta wahagurukijwe n'iki kibazo akaza kubiganiraho n'abaturage b'i Nkungu, atangaza ko kigiye guhagurukirwa mu buryo budasanzwe.

Iyi ngeso yatangiriye mu Mirenge imwe yo muri Nyamasheke, bikavugwa ko yakopewe mu baturanyi babo bo ku Idjwi, ubu ikaba igenda ikwira no mu Mirenge imwe n'imwe yo muri Rusizi.

Aphrodis MUHIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira