AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Rusizi: Hatashywe ibiraro bitatu byo mu kirere

Yanditswe Nov, 23 2022 12:35 PM | 218,153 Views



Abaturage bo mu Karere ka Rusizi biganjemo abo mu Murenge wa Butare baravuga ko ibiraro bitatu byo mu kirere bubakiwe bigiye kunoza ubuhahirane n'imigenderanire kuko ngo iyo imigezi yuzuraga byabaga bigoye kwambuka ngo bagere mu bindi bice kandi ari ho bashakira imibereho.

Aba baturage batangaje ibi mu gihe hatahagwa ibiraro bitatu byo mu kirere birimo ikiri mu Murenge wa Bugarama na bibiri biri mu Murenge  wa Butare bihuza utugari n'indi mirenge.

Aha mu Murenge wa Butare ikiraro gihuza akagali ka Gatereri n'aka Rwambogo gifite uburebure bwa metero 98, ngo kije ari igisubizo ku buhahirane bwari bwarahagaze kuri utwo tugari ndetse no kubaturuka mu Murenge wa Bweyeye berekeza mu bindi bice.

Aba baturage ngo barashima Perezida wa Repubulika Paul Kagame wibuka n'abatuye mu cyaro cya kure bakabona iterambere. Bati turamushimira kubw'izi nzira zo mu kirere. 

Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi Dr. Kibiriga Anicet avuga ko uretse ibi biraro bitatu byo mu kirere bujuje muri uyu mwaka, ngo umwaka utaha hari gahunda yo kubaka ibindi bibiri muri uyu Murenge wa Butare n'ahandi kugira ngo abaturage bakomeze guhahirana biteze imbere nta nkomyi.

Iki kiraro gihuza Gatereri na Rwambogo cyatwaye miliyoni zisaga 130; byose uko ari bitatu byatwaye miliyoni zikabakaba 400 z'amafaranga y'u Rwanda.


Jeannine Ndayizeye




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura