AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Rusizi: Abatuye Akagari katagira ishuri na rimwe barahangayitse

Yanditswe Mar, 22 2023 13:29 PM | 52,338 Views



Mu Murenge wa Giheke w’Akarere ka Rusizi hari Akagari kitwa Cyendajuru katagira ishuri na rimwe,none ababyeyi baho bavuze ko bamaze igihe bahangayikishijwe bikomeye n’urugendo rurerure abana babo bakora barimo n’abiga mu y’incuke.

Ubuyobozi bw’akarere bwavuze ko aka kagari kari muri site 17 zigiye kubakwaho amashuri mashya vuba

Cyendajuru ni ko kagari gasigaye muri uyu murenge wa Giheke kadafite ishuri yaba iry’incuke cyangwa iribanza. Abana baho bakora urugendo rw’isaha irenga bajya kwiga ku rwunge rw’amashuri rwa Saint Augustin ruri mu kandi Kagari kitwa Giheke.

Iyo abana bahagurutse bagiye kwiga ababyeyi imitima isigara ihagaze by’umwihariko abo mu midugudu ya Burembo na Kabeza yitaruye indi cyane muri aka kagari.

Nyuma yo kubura uko babigenza, incuke babaye bazishyize mu biro by’akagari ku batuye hafi y’aho kubatse.

Iki kibazo kandi cyongera gukomezwa n’imiterere y’uyu murenge udafite umuhanda n’umwe ukoze ku buryo bisaba mwarimu wabo kubiherekereza akamenya ko bageze iwabo cyane cyane iyo imvura yaguye.Ubuyobozi muri aka kagari ka Cyendajuru buhora mu mwitozo wo gushakisha abavuye mu ishuri nk’uko twabihamirijwe na Nshimiyimana Noheli uyobora akagari.

Akarere kavuze ko mu kagari ka Cyendajuru hazajya ishuri muri gahunda ihari  yo kubaka amashuri mashya yandi  hirya no hino muri aka karere.

Akarere ka Rusizi umwaka ushize kubatse ibyumba by’amashuri bigera kuri 700, n’ubwiherero 1600. Nikubaka ayo mashuri mashya 17 kazaba kagabanyije umusonga kuko hari n’andi mashuri nka GS St Bruno yagaragaje ko ubwinshi bw’abana afite bwakemurwa no kubaka ibinni bigo bishya. Gahunda ya leta ni uko muri buri kagari hagomba kujya ishuri nibura rimwe kugira ngo abana be gukora urugendo rurerure.


Theogene TWIBANIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu