AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Rusesabagina na Nsabimana Callixte bahawe imbabazi

Yanditswe Mar, 24 2023 17:18 PM | 37,933 Views



Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara bari bafunzwe kubera nyuma yo guhamwa n'ibyaha by’iterabwoba, bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika nyuma yo kwandika bazisaba.

Itangazo ryashyize ahagaragara ba Minisiteri y'Ubutabera kuri uyu wa Gatanu, risobanura ko nyuma y’icyemezo cy’Inama ya Minisitiri yo kuwa 24/3/2003, hanashingiwe kandi ku ngingo ya 228 y’Itegeko rigenga Imiburanishirize y’Imanza Nshinjabyaha, ibihano by’igifungo by’abantu bakurikira bahamwe n’ibyaha bijyanye n’iterabwoba byababariwe n’Iteka ryaPerezida wa Repubulika, nyuma yo gusuzuma no kwemera ugusaba imbabazi kw'aba bagabo babiri.

Abandi bantu18 bahoze ari abarwanyi b’umutwe MRCD-FLN bahamijwe ibyaha mu rubanza rumwe n’abari abayobozi babo Paul Rusesabagina na Callixte Nsabimana nabo bahawe imbabazi hashingiwe ku Ngingo ya 229.

Mu mategeko y’uRwanda, guhabwa imbabazi z’igihano ntibihanagura icyaha uba warahamijwe n’inkiko.

Minisiteri y'Ubutabera ivuga ko umuntu wese ufunguwe igihe yari yarakatiwe kitageze, iyo yongeye gukora icyaha nk’icyo yari yarahamijwe, imbabazi z’igihano yari yarahawe zita agaciro bityo akarangiza igihano yari yarahawe nk’uko byagenwe mu Iteka rya Perezida wa Repubulika.

Ibindi bihano byatanzwe n’inkiko, nk’indishyi zagenewe abahohotewe, ntabwo birebwa n’ivanwaho ry’ibihano, byo bigomba gushyirwa mu bikorwa. 

Abandi bantu bahamwe n’ibyaha mu madosiye adafitanye isano n’abavuzwe nabo bahawe imbabazi hashingiwe kungingo ya 228, aba ni Ronaldo Bill Rutayisire, Justin Nsengiyumva na Ephraim Rwamwenge.

Minisiteri y'Ubutabera ivuga ko abandi bantu 358 bari barahamijwe ibyaha bitandukanye nabo bahawe imbabazi rusange hashingiwe kungingo ya 229.

Muri Nzeri 2021 nibwo Urukiko rwakatiye Paul Rusesabagina gufungwa imyaka 25 kuko rwasanze hari bimwe mu byaha byamuhamaga bijyanye n’ibikorwa by’iterabwoba yari akurikiranweho. 

Ku bandi baregwaga muri uru rubanza 8 bakatiwe gufungwa imyaka 20 barimo Nsabimana Callixte wiyise Sankara, Matakamba Berchmans, Bizimana Cassien, Nsabimana Jean Damascene (Motari), Nizeyimana Marc, Byukusenge Jean Claude, Ntibiramira Innocent na Shabani Emmanuel.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu