AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Rubavu: Hamuritswe irushanwa rya Ironman 70.3 rizaba muri Kanama

Yanditswe Jan, 20 2022 20:30 PM | 44,426 Views



Ku nkengerero z’ ikiyaga cya Kivu  mu Karere ka Rubavu hamuritswe irushanwa rihuza imikino itatu  ikomatanyije  koga, gusiganwa ku magare no ku maguru  aho  basiganwa intera ndende, ni umukino wa Ironman 70.3 Rwanda .

Minisitiri wa Siporo Munyagaju Aurore Mimosa avuga ko ari ishema ku kuba u Rwanda rwarataronijwe kwakira iri rushanwa kandi yijeje ko imyiteguro kuva  itangiye neza kugeza  ku munsi w’irushanwa nyirizina bizagenda neza.
 
Umushoramari Serge Pereira ukomoka muri Repubulika ya Congo  n’umugore  we Cindy Descalzi  bakunda kuza kuruhukira mu Rwanda . Nyuma yo gusura ibice bitandukanye bakozwe ku mutima n’ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda ku bw'ibyo biyemeza kubimenyekanisha biciye muri siporo.
 
Ironman Group ni ikigo gitegura amarushanwa y’umukino ukomatanyije wo koga, gusiganwa ku maguru no ku igare, Triathlon, arenga 5150 n’ibirori bya siporo bitandukanye .

Umunyafurika y'Epfo Keith Bowler  wari uhagarariye Ironman group  avuga ko irushanwa  Ironman 70.3 Rwanda rikomeye kuko kuri ubu rifite umwihariko.
 
Minisitiri wa Siporo Munyagaju Aurore Mimosa avuga ko ari ishema  ku Rwanda kuba ruzakira iri rushanwa ndetse yizeza ko rizagenda neza

Muri rusange ni ku nshuro ya 4 iri rushanwa rigiye kubera muri Afurika. U Rwanda ni Igihugu cya mbere kigiye kwakira iri rushanwa muri Afurika yo hagati n'iy’iburasirazuba.

Iyi mikino y'irushanwa Ironman 70.3 Rwanda iteganyijwe  kuva tariki 14 Kanama i Rubavu ikazamara iminsi 10.

 

Eric NTAKIYIMAMA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira