Yanditswe Jan, 15 2022 19:24 PM | 10,149 Views
Abadozi b’imyenda bo muri koperative COCOPEGI ikorera mu gakiriro ka Mbugangari muri Gisenyi, Akarere ka Rubavu, bavuga ko bafite intego yo kuba bitarenze uyu mwaka bazaba batangije uruganda rukora imyenda.
Imashini zifite ubushobozi n'abakozi bafite ubumenyi mu kudoda bihari, igisigaye bakeneyeho ubufasha ni ugukoresha imashini zimwe na zimwe bataramenya gukoresha kandi zizaba zifatiye runini uruganda none barasaba amahugurwa yo kuzikoresha.
Mu gakiriro ka Mbugangari, abadozi bakoreramo bari mu bikorwa byabo by'ubudozi. Barakoresha imashini nziza zigezweho, nibura buri wese iyo akoresha ifite agaciro ka miliyoni ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Uwamahoro Philomene na Bizimana Aboubakhali ni bamwe mu badozi bamaze imyaka itanu bakorera muri aka gakiriro, bavuga ko gukoresha imashini zigezweho bibafasha kudoda byinshi mu gihe gito bityo ifaranga binjiza rikiyongera.
Muri uru rugendo rw’imyaka itanu bishyize hamwe, koperative yashoboye kugura imashini z'agaciro ka miliyoni 54 z’amafaranga y’u Rwanda zirimo izikata imyenda mu buryo bwihuse, izisirifira n’izindi none muri uyu mwaka bifuza gutangiza uruganda rukora imyenda itandukanye.
Imwe mu mbogamizi bagifite nubwo umushinga bawugeze kure, ni imashini bamaranye imyaka itatu ariko bakaba nta muntu uhari ufite ubumenyi bwo kuzikoresha none basaba inkunga y'amahugurwa
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu NZABONIMPA Deogratias avuga ko mu mu kwezi gutaha bateganya gushaka abazabongerera ubumenyi bwo gukoresha izo mashini ndetse kubohereza mu rugendoahuri bazigiramo uko izindi nganda zikora.
Mu gihe uru ruganda ruzaba rutangiye, ubuyobozi bw’akarere bwemereye aba badozi ibindi byumba bigari bazakoreramo muri aka gakiriro.
Ubusanzwe iyi koperative ifite abanyamuryango 120 ivuga ko muri iki cyerekezo iri kuganamo iteganya no kurushaho kumurika ibyo bakora , kuko kugeza ubu bakigorwa no kubona amasoko yabo badodera imyenda.
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza ya Stanford
Mar 26, 2024
Soma inkuru