AGEZWEHO

  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...
  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...

RURA yasinyanye amasezerano n’igihugu cya Maroc

Yanditswe May, 08 2019 18:35 PM | 7,570 Views



Leta y'u Rwanda n’igihugu cya Maroc bashyize umukono ku  masezerano y'ubufatanye mu bijyanye n’imikoreshereze no kugenzura imirasire ifite inkomoko ku mbaraga za nucléaire.

Umuyobozi mukuru w'urwego rushinzwe kugenzura imikorereshereze y'imirasire ifite inkomoko ku mbaraga za Nuclaire ndetse n'ingufu  z'imirasire ihindura imiterere kamere y'ibintu zizwi nka Radiation, [Moroccan Agency for Nuclear and Radiological Safety and Security AMSSNUR],  Dr Khammar MRABIT, yemeza ko bafite ubushake bwo gukorana n'u Rwanda mu buryo bufatika usibye mu masezerano yasinywe gusa.

Anavuga ko ku bufatanye n'u Rwanda bazukukiramo byinshi birimo mu guhanahana amakuru n'inararibonye, kuko ibihugu byombi byatangiye gukoresha iyo mirasire itangiza  hagamijwe inyungu z'abaturage.

Igihugu cya Maroc, kuri ubu kigeze ku gipimo cyo gukoresha ingufu  z'imirasire ihindura imiterere kamere y'ibintu zizwi nka Radiation cya 80% mu rwego rw'ubuvuzi, 15% mu rwego rw'inganda ndetse no gucunga umutekano, ndetse no kurwego rwa 5% mu bushakashatsi ndetse n'iterambere.

Leta y’u Rwanda irateganya gushyiraho uruganda rukomeye ruzajya rubyazwa izi ngufu z’imirasire ya nuclear, bikazafasha mu kongera izi ngufu kuburyo zizifashishwa no kuvura nk’indwara ya kanseri binyuze mu kuyishiririza, mu buhinzi, ubucukuzi, ndetse n’uburezi binyuze mu bushakashatsi buzajya bukorwa n’ikigo cyubushakashatsi ku birebana n’imbaraga za nuclear.

Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira