AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

RIB yafashe abantu 7 bakekwaha ibyaha byo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi no kuwujyamo

Yanditswe Jul, 28 2021 14:45 PM | 35,673 Views



Kuri uyu wa Gatatu, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanye abantu barindwi bashakishwaga ku byaha byo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi no kuwujyamo, guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano, no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

RIB ivuga ko aba bantu bumvikanaga n’umucuruzi kumurangurira ibintu bakishyura amafaranga make kuri konti yabahaye, kugirango babone inyemezabwishyu ya banki.

Nyuma ngo bayihinduraga bakoresheje mudasobwa bakiyandikiraho umubare w’amafaranga ujyanye n’ibicuruzwa bumvikanye kwishyura.

Iyo nyir’ibicuruzwa yifuje kwishyurwa hakoreshejwe uburyo bwa Mobile Money, bamwohererezaga ubutumwa bwa MoMo bw’ubuhimbano.

Ivuga ko iyo atashishoje cyangwa ngo agire amakenga, yategekaga uri ku iduka ko bapakirira abo bantu. Ibi byose babikora vuba cyane kugirango badafatirwa mu cyuho.

RIB  yatangaje lko ikangurira abacuruzi kugira amakenga mbere yo gutanga ibicuruzwa, bakajya babanza kureba niba koko amafaranga y’ubwishyu yageze kuri konti zabo.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira