AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

RGB iranenga zimwe mu mbuga za bimwe mu bigo bya Leta n’ibyigenga zitagaragaza amakuru agezweho

Yanditswe Feb, 25 2020 18:18 PM | 18,650 Views



Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere, RGB rurasaba inzego zinyuranye kunoza amakuru atangwa haba mu bitangazamakuru binyuranye ndetse no ku mbuga zishyirwaho amakuru z'ibyo bigo, kugira ngo abe agaragaza isura nyayo y'u Rwanda.

Ibi uru rwego rurabishingira kuri za raporo z'imiryango mpuzamahanga usanga zanduza isura y’u Rwanda, hagendewe ku makuru atari yo.

Mu biganiro byahuje RGB n'inzego zinyuranye zaba iza Leta z’izigenga zifite imbuga za internet zishyirwaho amakuru anyuranye, uru rwego rwifashishije ubushakashatsi, rwagaragajwe ko kuba izi mbuga zitabaho amakuru akenewe, cyangwa ugasangaho amakuru ashaje ari kimwe mu biteza ibibazo ku makuru areba u Rwanda.

Umukuru w'urwego wungirije, Emmanuel Nibishaka, anenga uburyo imwe mu miryango mpuzamahanga ikoramo raporo zireba ku Rwanda kuko asanga igendera no ku bipimo bitari byo.

Yagize ati “Na bo bagira indicators bagenderaho, urugero bati kugira ngo dupime ubwisanzure ni uko abaturage baba barigaragambinje nibura mu mahoro, cyangwa se bakavuga ngo kugira ngo habe hari demokarasi n’ihererekanyabubasha muri demokarasi,  hakagombye kuba harahindutse umuyobozi.”

Ingaruka z'amakuru mabi ku gihugu n'amakuru adashingiye ku kuri zigaruka ku benegihugu kuko bituma abashoramari bifata ndetse n'ibindi bikorwa binyuranye bikadindira.

Umwarimu muri kaminuza, akaba n'umushakashatsi, Dr Muleefu Alphonse, avuga ko mu guhangana n'iki kibazo, igikenewe ari ugutanga amakuru nyayo, ariko abashakashatsi n'abanditsi bakagira uruhare mu rwego mu kunyomoza amakuru atari yo.

Yagize ati “Abakora ibikorwa bitandukanye bisuzumwa n'imiryango mpuzamahanga bakore kandi batange amakuru nyayo, kandi n'abashakashakasti bakurikirana ibintu umunsi ku wundi, na bo bakore isesengura ryabo batange ibisobanuro nyabyo byahuzwa n'ukuri kuri mu gihugu kugira ngo ibyatangajwe bitari byo binyomozwe. Icy'ingenzi ni uko isura y'igihugu nyayo yagaragazwa.

Umwanzuro wafatiwe muri ibi biganiro ni uko ibigo byajya bifatanya bigatanga amakuru nyayo bikanabeshyuza ibitari byo, ndetse n'imikorere mu gutangaza amakuru ikavugururwa kugira ngo hatangazwe ayuzuye.


Jean Claude KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira