Yanditswe Jul, 07 2021 18:45 PM | 101,381 Views
Urwego rw’igihugu rushinzwe
imfungwa n’abagororwa, RCS ruravuga ko umubare w’abagororwa bakoze ibyaha
bisanzwe bakatirwa TIG, igihano cy’imirimo y’inyungu rusange ukiri muto.
RCS ivuga ko nk’ubu ku bagororwa bakabakaba ibihumbi 80, abahawe TIG mu gihugu hose bakoze ibyaha bisanzwe ari 101, barimo kurangiza igihano cyabo ku masite atatu.
Muri Muhazi mu karere ka Rwamagana, ni hamwe muri iki gihe hari abakatiwe n’inkiko barimo kurangiza ibihano bahawe birimo na TIG , imirimo y’inyungu rusange.
Uwimana Marie Josee yahamijwe icyaha cy’ubujura , akatirwa igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni eshatu, iyi hazabu yasimbujwe TIG y’amezi atandatu
Tuyishime Yassine we yahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa. Kuva mu 2012, nibwo mu mategeko ahana y’u Rwanda hashyizwemo igihano cya TIG kubahamijwe ibyaha bisanzwe, igihano cyari gisanzwe gitangwa n’inkiko gacaca.
Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange rivuga ko TIG inahabwa umuntu wahamwe n’icyaha gihanishwa igifungo kitarenze imyaka itanu, aho urukiko rushobora gutegeka uwagikatiwe kurangiza icya kabiri cy’igihano akora igihano cy’imirimo y’inyungu rusange.
TIG kandi ishobora guhabwa uwategetswe kwishyura ihazabu cyangwa se ubwishyu ubwo ari bwo bwose bugenewe isanduku ya Leta, n’ibintu bigomba gusubizwa cyangwa indishyi z’akababaro bigenewe uwakorewe icyaha
Umuvugizi wa RCS, SSP Pelly Uwera Gakwaya avuga ko bafasha abarangiza TIG babagorora bakanakora imirimo y’inyungu rusange, TIG kandi ngo bayitezeho kugabanya ubucucike buri mu magereza n’ubwo umubare w’abayihabwa ngo ukiri muto
Muri abo barimo gukora TIG , 100 ni ab’ibyaha bisanzwe basanzeyo abari barakatiwe TIG n’inkiko gacaca babarirwa muri 50 kuko abenshi bagiye barangiza igihano cyabo.
Akimana Latifat
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
12 minutes
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
1 hour
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
2 hours
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru