Yanditswe Jun, 14 2021 17:52 PM | 33,209 Views
Abaturage
bo mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo bitabira gutanga amaraso, barakangurira
abandi kwitabira iki gikorwa cy'ubumuntu kigaragaza umutima utabara.
Ibi ndetse ngo byanagombye kuba inshingano za buri wese, cyane ko indwara cyangwa impanuka bidateguza uho usanga buri muntu akenera guhabwa amaraso.
Mu igikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso ku rwego rw’igihugu cyabereye mu karere ka Ruhango, hagaragajwe ko n’ubwo icyorezo cya Covid 19 cyagiye gikoma mu nkokora ibikorwa bitandukanye harimo n'iki cyo gutanga amaraso, ngo muri uyu mwaka gutanga amaraso byageze ku kigero cya 98%.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC kivuga ko uko imyaka igenda ishira, abitabira gutanga amaraso bagenda biyongera, bitewe n'uko benshi mu baturage bamaze gusobanukirwa neza akamaro ko gutanga amaraso.
Abatuye mu Karere ka Ruhango ari nako kaza ku isonga mu kwitabira igikorwa cyo gutanga amaraso mu Ntara y'Amajyepfo, baravuga ko ibi babikora bibavuye ku mutima kuko ari no gutabara abari mu byago byo kuba bababura ubuzima mu gihe batabonye amaraso.
Dr Gatare Swaibu, Umuyobozi muri RBC ushinzwe ubuvuzi, avuga ko uretse no kuba utanze amaraso aba arengeye ubuzima bwa benshi, ngo bibafasha mu ubundi buryo uwuyatanga kurushaho kubungabunga ubuzima bwe, kuko uyatanze apimwa akanahabwa inama z'uko yitwara n'ibyo agomba gukora kugira ngo amaraso ye atembere neza.
Avuga ko "abantu bakwiye kwirinda abakunda gutanga amakuru atariyo, ku bijyanye no gutanga amaraso.’’
Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens ashima intera abaturage bamaze kugeraho mu bikorwa byo gutanga amaraso ugereranyije no mu myaka yashize.
Ashishikariza abaturage by'umwihariko abatuye muri aka karere, ko gutanga amaraso babigira umuco kuko binanezeza uwayatanze iyo abonye ko yatabaye ubuzima bw’uwari mu kaga.
Jean Pierre Ndagijimana
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru