Yanditswe Nov, 03 2020 19:58 PM
154,509 Views
Kuri uyu wa kabiri ikigo cy’ igihu cy’ itangazamakuru RBA cyasinyanye amasezerano y’ ubufatanye n’ uburenganzira bw’ amashusho n’ ishyirahamwe ry’ umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA.
Ni amasezerano y’ imyaka 3 y’amaze igihe ari mu biganiro hagati y’ impande ebyiri, ku ruhande rumwe ikigo cy’ igihu cy’ itangazamakuru RBA yari ihagarariwe n’ Umuyobozi mukuru Arthur Asiimwe, n’ ishyirahamwe ry’ umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryari rihagarariwe Rt Brig Gen. Sekamana Jean Damascene.
Kuruhande rwa RBA, Arthur Asiimwe Umuyobozi mukuru wayo yavuze ko usibye kuba umupira w’amaguru ukunzwe mu Rwanda, ukaba ari n’amahirwe agomba kubyazwa umusaruro ku mpande zombi.
Nyuma yaho FERWAFA n’uwahoze ari umufatanyabikorwa wayo wari unafite uburenganzira ku mashusho yaba aya shampiyona y’ ikiciro cya mbere ndetse nandi maruhashanwa ,perezida wa FERWAFA Rt Brig. Gen Sekamana yavuze ko ubu bufatanye buje kongera Agaciro umupira w’ u Rwanda by’ umwihariko abanyamuryango ba FERWAFA muri rusange.
Amsezerano hagati ya RBA na FERWAFA ashyizweho umukono mu gihe benshi bibazaga uko bazitabira imikino mu bihe bidasanzwe byo guhangana na COVID19 ,aya masezerano impande zombi zifata nk' igisubizo fusa ku bijyanye n' imikino ntabwo ariy yose izerakanwa.
Bitandukanye n’amasezerano y’ umufatanyabikorwa wabanjirije RBA we warufite uburenganzira ku mashusho ndetse no ku izana rya shampiyona ari nanryo yatangiraga akayabo k’amafranga, kubirebana n’ amasezerano hagati ya RBA na FERWAFA n’ uburenganzira bw’amashusho gusa mu gihe izina rya shampiyona cg naming right rishobora kwegukanwa na rumwe mu nganda zenga ibyo kunywa.
Urukiko rw’ubujurire rwakomeje kuburanisha Paul Rusesabagina n’abo bareganwa
Apr 21, 2021
Soma inkuru
Perezida Kagame avuga ko umubano w’u Rwanda n’u Buhinde uzakomeza gutera imbere
Apr 13, 2021
Soma inkuru
Abanyabugeni n'abanyabukorikori biteguye kuvana umusaruro mu nama ya CHOGM
Apr 13, 2021
Soma inkuru
Uko imibanire y'imiryango y'abarokotse n'iy'abakoze Jeonoside ikomeje kwimakaza ...
Apr 13, 2021
Soma inkuru
Tariki 8 Mata 1994: Jenoside yakwiriye hose mu Rwanda, abasirikare n'interahamwe barimbur abatu ...
Apr 08, 2021
Soma inkuru
Kwibuka27: Bamwe mu barokokeye i Kigali ntibazibagirwa tariki ya 7 Mata 1994
Apr 08, 2021
Soma inkuru