Yanditswe Sep, 13 2021 17:19 PM | 82,442 Views
Ubuyobozi bw'ikigo RAB
buravuga ko bwatangiye guhindura imikorere mu bijyanye n'itangwa ry'amasoko
n'ibaruramari, ku buryo ibibazo bivugwa muri raporo y'umugenzuzi mukuru w'imari
ya Leta bitazongera kugaragara muri icyo kigo.
Mu gitondo cy'uyu wa mbere nibwo abagize komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y'Imari n'Umutungo by'Igihugu, PAC bakiriye abayobozi b'icyo kigo ngo babarizwe mu ruhame ibijyanye n'ayo makosa.
Ibibazo byagaragajwe na raporo y'umugenzuzi mukuru w'imari ya Leta ya 2019-2021, byatumye ikigo RAB kigira raporo ya 'biragayitse muri uwo mwaka w'ingengo y'imari.
Raporo ya Komisiyo y'umugenzuzi mukuru w'imari ya Leta ya 2019-2020 yerekana RAB , nk'iyagaragayemo amakosa anyuranye ariko angana na 5/4 akaba ashingiye ku mitangire y'amasoko ataranyuze mu mucyo, bikaba byihariye amafaranga y'u Rwanda asaga miliyari 21 Frw.
Depite Bakundufite Christine yagize ati ''Niba ari abakozi
bake ujya mu bitabo by'amasoko ugahanagura ibyarimo ukongoramo ibyo wishakira,
ushaka guhuza n'ibyo rwiyemezamirimo arimo gushaka, ubwo koko icyo kintu
murumva cyatunyura?''
Depite Murara Jean Damascene we yagize ati ''Nagira ngo mbabaze, niba mutabasha gukurikiza itegeko rigenga imitangire y'amakosa, iryo mwakurikije ni iryo mu kihe gihugu.”
Mu bindi bibazo bireba RAB byasabiwe ibisobanuro na PAC, harimo isoko ryari ryaratanzwe bagahindura ibikubiye mu gitabo kigenga imitangire y'amasoko nta burenganzira babiherewe, kugura imashini 6 zumisha umusaruro n'izitunganya imbuto n'ingemwe bitanyuze mu ipiganwa.
RAB yanabajijwe ibijyanye n'inyigo itarakozwe ku isoko rya miliyoni 90 rijyanye no kubaka amakusanyirizo y'amata mu turere twa Gisagara na Ngororero n'amakosa.
Umuyobozi mukuru w'ikigo RAB, Dr Karangwa Patrick avuga ko n'ubwo hari ibibazo mu mitangire y'amasoko n'ibaruramari, ngo hari ibyatangiye gukosorwa no guhana abakoze amakosa, bikaba bitanga icyizere ko imikorere y'iki kigo izaba myiza.
Uretse ikigo RAB cyisobanuye imbere ya PAC, mu
masaha ya nyuma ya saa sita hisobanuye imishinga 4 na Minisiteri y'ubuhinzi
n'ubworozi.
John Bicamumpaka
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
1 hour
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
2 hours
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
3 hours
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru