AGEZWEHO

  • Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...

RAB yatangaje ko muri uyu mwaka u Rwanda rwageze ku ntego yo kwihaza ku mbuto y’ibigori

Yanditswe Dec, 21 2021 17:07 PM | 76,613 Views



Ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi, RAB cyavuze ko muri uyu mwaka  u Rwanda rwageze ku ntego rwari rwarihaye yo kwihaza ku mbuto y’ibigori, soya n’ingano bituburirwa mu gihugu, ku buryo umusaruro wageze kuri toni 8000 mu gihe nyamara ku isoko hacyenewe toni 3,500.

Koperative Ubumwe bugamije iterambere ihinga ibigori mu gishanga cya Bishenyi giherereye mu karere ka Kamonyi, igizwe n'abanyamuryango basaga 700.

Muri iki gihembwe cy'ihinga yatubuye imbuto y'ibigori ku buso bwa hegitari 150, ku buryo nta kibazo cy'isoko bafite bitewe n'uko bagiranye amasezerano n'umuguzi wabo witwa Rumbuka ku buryo bagurirwa ku mafaranga 650 ku kilo.

Perezida wayo Nshimiyimana Claude avuga ko ubwiza bw'imbuto zituburirwa mu gihugu, aribwo butuma babona isoko mu buryo bworoshye.

Rwiyemezamirimo ushinzwe ubuhinzi muri PSF, Nsengiyumva Francios avuga ko kwihaza mu mbuto zituburirwa mu Rwanda byagezweho bitewe n'amasezerano y'ubufatanye yasinywe hagati ya leta n'urugaga rwabo ku buryo birimo gutanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru wa RAB, Dr. Patrick Karangwa avuga ko intego igihugu cyari cyarihaye cyo kwihaza ku mbuto zituburirwa mu gihugu imaze kugerwaho.

Avuga ko  muri iki gihembwe cy'ihinga cya 2021 A, hatubuwe imbuto zisaga ibihumbi 8 zirimo n'iza soya n'ingano, mu gihe nyamara izatumizwaga mu mahanga zari toni ibihumbi 3500 gusa.

Imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare yerekana ko mu gihembwe cy’ihinga gishize cya 2021 A, ubuso bwahinzweho ibigori muri rusange byose bwari hegitari 236,642 buvuye ku 221,521 mu gihembwe cy’ihinga cya 2020 A.

Ubwo buso bwatanze umusaruro ungana na toni 378,641, uvuye kuri toni 353,999 muri icyo gihembwe cya 2020 A.

Bitarenze 2024, igihugu cyihaye intego ko abahinzi bazaba bageze ku ikoreshwa ry’ifumbire ibiro 75 kuri hegitari, naho 75% by’abahinzi bakoresha imbuto za kijyambere.


Bosco Kwizera




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej