AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Polisi yagaragaje abagabo bane bakekwaho kwiba moto bakazihindurira ibyapa

Yanditswe Jul, 25 2021 09:13 AM | 23,237 Views



Polisi y’ u Rwanda yagaragaje abagabo bane, bakekwaho icyaha cyo kwiba moto bakazijyana mu igaraje rikorera mu karereka Muhanga ry’umugabo witwa Mudahemuka Francois, bakazihindurira ibyapa biziranga hamwe n’ibyuma byazo bakongera bakazigurisha.

Aba bagabo bavuga ko akenshi baziba bakoresheje imfunguzo z’incurano, bagacunga aho umuntu yayiparitse bagahita bayatsa bitabagoye bakayitwara bakajya kuyihindura

Aba bagabo bavuga ko bafashwe bari bamaze kwiba moto zirindwi, aho inyinshi bazikuye mu Mujyi wa Kigali bazibye aba motari, bakazijyana i Muhanga kuzihindura.

Uretse ny’ir’iryo garaje wabakingiraga ikibaba, harimo n’umukanishi wazihinduraga, uwazibaga n’uwazanaga ibyuma byo gusimbura ibyari bisanzwemo.

Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda, CP John Bosco Kabera avuga ko abajura bakomeje guhindura amayeri, gusa ariko akanavuga ko ntacyo bazakora ngo kireke kumenyekana.

Mu gihe iki cyaha cyabahama, bashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka 2 ndetse n’ihazabu ya miliyoni byiri mu mafaranga y’u Rwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage