AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Polisi y'Igihugu yasabye abashoferi kudacunganwa na Camera zo ku muhanda

Yanditswe Apr, 23 2021 19:22 PM | 18,376 Views



Mu gihe hakomeje igikorwa cyo gushyira camera zigenzura umuvuduko w’ibinyabiziga  ku muhanda,  Polisi y'Igihugu yasabye abashoferi kudacunganwa nizo Camera ahubwo bagaharanira gukurikiza amategeko y'umuhanda.

Polisi ivuga ko izi camera icyo zifasha ni uko zunganira abapolisi mu ku bungabunga umutekano wo mu muhanda.

Izi camera zishyirwa ahantu ku buryo utwaye ikinyabiziga  hari umuvuduko aba atagomba kurenza, zigafata amakuru yikinyabiziga nyuma akazacibwa amande.

zimwe muri izi camera usanga zishinze ahantu, izindi ziterekwa ku mihanda.

Umumotari witwa Nshimyumunyurwa avuga ko  we nta kibazo agira kuri camera, kuko ziba ziri ahantu hari icyapa cyerekana umuvuduko atagomba kurenza.

Avuga ko iyo abonye icyapa akora ibyo kimutegeka.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera, agira inama abakoresha umuhanda kubahiriza amategeko kuko izi camera zaje kunganira abapolisi ku bungabunga umutekano wo mu muhanda.  

Yagize ati “Niba warize amategeko y'umuhanda, ukiga gutwara ibinyabiziga ukaba warakorewe ubukangurambaga nka Gerayo Amahoro ukarenga ku mategeko, ubwo igisigaye ni uko ahari umupolisi abikubaza.”

“Haracyari na kare kuko hari igihe uzajya ugera nka Rusomo uyibone, nugera Nyagatare uyibone, hari gahunda ndende ariko icyangombwa ni ukudacunganwa na camera.”

Ku bijyanye no kuba izi camera hari aho zishyirwa hihishe, polisi y’u Rwanda ivuga ko abaturage baba barabwiwe ibyo bakwiye gukora, harimo kubahiriza amategeko y'umuhanda, bityo iyo babirenzeho batagombye kumva ko bari bubwirwe  aho ubahana aherereye.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, CP John Bosco Kabera asaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y'umuhanda

Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira