AGEZWEHO

  • Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi – Soma inkuru...
  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...

Perezida wa Sena yashimye iterambere Akarere ka Nyagatare kagezeho

Yanditswe Jul, 30 2022 19:46 PM | 111,474 Views



Perezida wa Sena,  Dr Iyamuremye Augustin yabwiye abaturage bo mu karere ka Nyagatare ko leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu bikorwa bigateza imbere, kakaba ak'ubuhinzi n'ubworozi abasaba gukomeza kubyaza umusaruro ayo mahirwe bagakomeza gutera imbere.  

Izi ni impanuro yabahaye ubwo yifatanyaga nabo mu muganda aho yanashimye iterambere bamaze kugeraho.

Mu muganda rusange usoza ukwezi, abasenateri bifatanijemo n’abaturage bo mu karere ka Nyagatare ni uwo gutunganya ishyamba rikomye ryegereye umujyi wa Nyagatare ku mugezi w’umuvumba, aho hatemwe ibihuru bigaragara ko bidakenewe cyangwa se bishobora kubangamira iryo shyamba ry’ibiti bya kimeza bita imikinga.

Dr. Iyamuremye avuga ko  nk’umuntu wakoze mu nzego z’ubuyobozi bw’igihugu igihe kirekire, aka karere ka Nyagatare azi uko kari kameze nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse na mbere yaho, aho yemeza ko ahanini kari ishyamba, ariko abaturage bakagezemo barakavugurura bashingiye ku mahirwe Leta yabo yabahaye, ubu kakaba ari akarere kahindutse ikigega cy'igihugu mu buhinzi n'ubworozi, ndetse n’umujyi wa Nyagatare ukaba ugenda utera imbere.

Ku ruhande rw’abaturage nabo bashimangira ko bakomeje urugendo rwo kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kugira ubutak  bukorerwaho ubuhinzi n’ubworozi.

Hari ibyifuzo abaturage mu ngeri zitandukanye bagejeje ku basenateri basaba ko byakorwaho ubuvugizi, ku isonga akaba ari ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro by’ubwishingizi bw’ibinyabiziga.

Iki  kibazo bivugwa ko cyiri no mu gihugu hose,  Perezida  wa Sena Dr. Iyamuremye Augustin yijeje abaturage ko kizakorwaho ubuvugizi.

Maurice Ndayambaje



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m