AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Abayoboke ba PDI basabwe kunyomoza abagoreka amateka y'u Rwanda

Yanditswe May, 09 2021 10:58 AM | 16,571 Views



Ishyaka ntangarugero  muri demokarasi, PDI ryasabye abayoboke baryo kujya banyomoza abakomeje gusebya poliltike nziza igihugu gifite, bakanagoreka amateka y'u Rwanda.

Ibi byagarutsweho kuri iki Cyumweru, ubwo iri shyaka ryatangaga  amahugurwa ku rubyiruko ruhagarariye urundi,  barebera hamwe ingamba zo guteza imbere igihugu binyuze muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda.

Perezida w'iri shyaka, Sheikh Mussa Fazil Harerimana yagaragaje ko iterambere ry'igihugu ritagerwaho buri munyarwanda atabanje gushyira imbere ubumwe bw'abanyarwanda, kandi hakirindwa ivangura rishingiye ku moko buri munyarwanda akishyira akizana mu nyungu z'igihugu.

Yavuze ko ibi kugira ngo bigerweho neza, ari uko abayoboke b'iri shyaka bagomba gushishoza bakareba niba  ibyo bigishwa mu madini n'amatorero  bijyanye n'icyerekezo cy'igihugu.

Yagize ati “Urukingo rwa gahunda ya Ndi Umunyarwanda ruzabafasha gusobanura neza no kunyomoza abagoreka amateka y'u Rwanda, bakanasebya politiki nziza z'igihugu.”

“Kugendana na gahunda za leta zigamije guteza imbere abanyarwanda, kwimakaza umuco nyarwanda n'amateka by'igihugu no kureba niba ibivugwa bifite ishingiro cyangwa ari ukuri, nibyo mukwiye gukora.”

Yababwiye ko izo nkingi arizo zizafasha abayoboke b'iri shyaka kuzagera ku cyerekezo cy'igihugu, no gushyigikira politiki nziza y'igihugu ndetse no kwimakaza ubumwe n'ubwiyunge binyuze muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu