AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Touadéra mu ruzinduko mu Rwanda

Yanditswe Oct, 27 2022 12:34 PM | 100,243 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku wa Gatatu, yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santarafurika Faustin Archange Touadéra uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Aba bakuru b'ibihugu byombi bagiranye ibiganiro kuri politiki ndetse n'ubufatanye bukunze kuranga ibihugu byombi ku bijyanye n'umutekano n'ibindi.

Perezida Touadera yaherukaga mu Rwanda muri Kanama umwaka ushize.

Icyo gihe uruzinduko rwa Perezida wa Santrafurika mu Rwanda rwongeye kugaragaza ubushake bw'impande zombi, bwo gushimangira ubufatanye n'ubutwererane hagamijwe iterambere n'imibereho myiza by'abababituye nk’uko byagarutsweho na ba perezida Kagame na Touadera mu ntangiriro y'uru ruzinduko.

Perezida Kagame yagize ati “U Rwanda rwishimiye gufatanya n'abaturage ba Santrafurika mu guharanira amahoro, ubwiyunge n'uburumbuke. Isinywa ry'aya masezerano rizafasha gushimangira kurushaho imibanire yacu bitume ubushobozi bwinshi dufite buzana impinduka mu bukungu n'imibereho myiza y'abaturage mu bihugu byacu. Ubutwererane burambye kuri uyu mugabane ni ingenzi cyane kuri twese kugirango tugere ku byo tugamije.”

Perezida Touadera yagize ati “Abanya Santrafrika n'Abanyarwanda basangiye ahazaza. Uruzinduko rwacu i Kigali kandi ruduhaye uburyo bwo kubaka ubutwererane burushijeho gukomera no kungurana ibitekerezo ku nyungu duhuriyeho haba hagati yacu twembi, mu karere no ku rwego mpuzamahanga.”

Gushimangira ubutwererane hagati y u Rwanda na Santarafurika  byagaragajwe n'amasezerano yasinywe hagati y'impande zombi arimo ayerekeye ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, kubaka inzego z'umutekano muri Santrafurika, gutwara abantu n'ibintu ndetse n'igenamigambi mu bukungu.


Ruth RWAGASORE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura