AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida N’Guesso yashimye umubano ukomeje kuranga u Rwanda na Congo Brazzaville

Yanditswe Jul, 09 2021 10:03 AM | 9,858 Views



Ambasaderi Mutsindashyaka Théoneste yashyikirije Perezida wa Congo Brazzaville, Denis Sassou N’Guesso impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, uyu mukuru w’Igihugu ashima imibanire iri hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Denis Sassou N’Guesso yashimye umubano n’ubushuti u Rwanda na Congo Brazzaville bifitanye, n'uburyo perezida Paul Kagame akomeje guteza u Rwanda imbere, n'umurava we mu guharanira icyateza imbere umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri rusange.

Yashimangiye ko igihugu cye kiteguye gufatanya n’u Rwanda mu kuzamura imikoranire igamije iterambere ry'ubukungu bw’ibihugu byombi.

Ambasaderi Mutsindashyaka nyuma yo gutanga ubutumwa yahawe na Perezida w'u Rwanda Paul Kagame, yatangaje ko yishimiye guhagararira u Rwanda muri Congo Brazza Ville isanzwe ifitanye umubano mwiza n’u Rwanda, anizeza Perezida Sassou N’Guesso ko azakomeza gushimangira  ubufatanye ndetse n'umubano mwiza biri hagati y'ibihugu byombi.

Yavuze kandi ko azaharanira kuzamura ubuhinzi, ubworozi ndetse n’inganda zitunganya ibibikomokaho.

Yavuze ko ibi bizashyirwamo ingufu hifashishijwe amasezerano y’umubano n’ubufatanye (Jumelage) hagati y’inzego z’ubuyobozi zibishinzwe, kugira ngo bigirire akamaro abaturage b’u Rwanda na ba Congo.

Ikindi ngo ni ugushyira imbaraga mu bijyanye n’ubuhahirane bushingiye ku bukerarugendo.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira