Yanditswe Jun, 17 2019 09:03 AM | 4,348 Views
Perezi wa Republika Paul Kagame kuri iki cyumweru yakiriye mu biro bye umuyobozi wa USAID ku isi Mark Green baganira ku mikoranire y’iki kigo cya Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga n’u Rwanda.
USAID ifite icyifuzo cyo gufasha ibihugu bakorana gucika ku nkunga z’amahanga, ibi bikaba no mu murongo u Rwanda rurimo.
Ubufatanye bwa USAID n’u Rwanda bwibanda ku buhinzi, umutekano w’ibiribwa , ubuzima n’uburezi.
Muri uyu mwaka ubu bufatanye bwagize agaciro kagera kuri miliyoni 71 z’amadolari y’amerika ni kuvuga asaga miliyari 63 z’amanyarwanda.
USAID kandi yatanze agera kuri miliyoni 32 z’amadolari y’amerika mu rwego rw’ubuzima binyuze mu muryango mpuzamahanga w’iterambere witwa Chemonics International Inc, mu gufasha mu kwirinda indwara ya malaria na virus itera SIDA no kuvura abahuye n’izo ndwara.
Binyuze kandi muri gahunda ya hinga weze, usaid yatanze miliyoni 11 z’amadolari y’amerika mu gutera inkunga abahinzi ku kuzamura umusaruro wabo mu buryo burambye. Gahunda ya hinga weze ikorerera mu turere 10 turimo Bugesera, Gatsibo, Kayonza, Ngoma, Karongi, Ngororero, Nyabihu, Nyamagabe, Nyamasheke and Rutsiro.
Indi mishinga kandi harimo uwa Twiyubake, ugamije gufasha imiryango itishoboye kuzamura imibereho yabo, ni gahunda igera ku miryango 50.000 yo mu turere twa Muhanga, Kamonyi, Nyaruguru, Nyamagabe, Huye, Ruhango, Rwamagana, Kayonza, Rulindo, Gakenke, Kicukiro na Nyarugenge) n’umushinga wa Turengere Abana na Gimbuka, ifasha abanyeshuli mu mashuli abanza n’ayisumbuye.
Mak Green arasura ibindi bihugu birimo Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, Kenya na Mozambique.
Abaganga ba Kanseri mu Rwanda bariyongereye
1 hour
Soma inkuru
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
4 hours
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru