AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kenyatta arifuza nawe gutangiza #Umwiherero muri Kenya

Yanditswe Mar, 11 2019 14:05 PM | 4,231 Views



Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta wagiriye uruzinduko mu Rwanda kuri uyu wa Mbere yavuze ko yishimiye intambwe imaze guterwa n'u Rwanda mu iterambere mu myaka 25 ishize Jenoside ihagaritswe.

Ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Uhuru Kenyatta byabereye igabiro mu Karere ka Gatsibo aharimo kubera umwiherero wa 16 w’Abayobozi b’igihugu.

Ni ibiganiro bigamije gushimangira umubano mwiza hagati y'ibihugu byombi.

Nyuma y’ibiganiro by’abakuru b’ibihugu byombi, Perezida Uhuru Kenyatta yageze aharimo kubera umwiherero aganira n’abayobozi b’inzego zitandukanye z’igihugu ababwira ko yari aje kureba imikorere yabo kugira ngo nawe ayishyire mu bikorwa muri Kenya.

Yababwiye ko icyo ibihugu byombi bishaka ari ukurengera ibidukiki, gushyiraho uburyo bwo guhuza hakoreshejwe ikoranabuhanga abatuye ibihugu byombi kuko u Rwanda rwonyine rutabyigezaho na Kenya yonyine ntiyabyishoboza ariko ubufatanye bushobora kuzamura ibi bihugu byombi.

Perezida Kenyatta yavuze ko atewe ishema n’uburyo u Rwanda rwavuye ku kuba igihugu cyasaga n’icyapfukamishijwe kikaba igihugu gisa n’aho ari inyenyeri imurikira umugabane wa Afurika.

Perezida Kenyatta yavuze ko kenshi abwira Perezida Kagame ko yifuza gutwara u Rwanda umwanya w’imbere mu koroshya ishoramari.

Yavuze ko umubano w’u Rwada na Kenya ari mwiza cyane kuko Abanyarwanda n’Abanyakenya ari abavandimwe

Perezida Uhuru Kenyatta yaherukaga mu Rwanda mu kwezi kwa gatatu mu mwaka ushize wa 2018 ubwo yitabiraga inama ya 10 idasanzwe y'abakuru b'ibihugu n'aba za Guverinoma bigize umuryango wa Africa Yunze Ubumwe, inama yanasize hashyizwe umukono ku masezerano y'isoko rusange ku mugabane wa Africa (Africa continental free trade area).




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura