AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame yitabiriye inama ya NEF muri Senegal

Yanditswe Mar, 08 2016 17:08 PM | 4,494 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mu gihugu cya Senegal aho yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum. Iyi nama igamije kwiga ku buryo Africa yatezwa imbere kurushaho muri siyansi n’ikoranabuhanga.

Mu ijambo yagejeje ku bantu basaga 700 baturutse mu bihugu hafi 100 ari kumwe na mugenzi we wa Senegal Macky Sall, Perezida Paul Kagame yavuze ko ikoranabuhanga n'ubumenyi ariryo shingiro ry'iterambere no kurushanwa mu ruhando mpuzamahanga.

Umukuru w'igihugu yavuze ko umugabane w'Afrika utagomba kunyurwa gusa no kurwanya ubukene ahubwo ugomba guhatana kugira ngo uhindure imyumvire.

Perezida wa repubulika yavuze ko kugeza ubu Afrika itarabasha gushora imali ihagije mu bumenyi nikoranabuhanga, yongeraho ko umubare w'abanyeshuri biga amasomo yikoranabuhanga n'ubumenyi na tekinike bakiri bacye.

Umukuru w'igihugu kandi yabwiye abitabiriye iyi nama ko uruhare rw'umugore mu iterambere rya buri gihugu ari ngombwa.

"Abagore bagize munsi ya kimwe 1/3 cy'abashakashatsi n'abahanga mu bya siyansi, ibi bisobanuye ko kugeza ubu tudakoresha neza abantu bacu mu buryo buhagije. Hari gahunda  y'ubufatanye ku rwego rw'igihugu ndetse n'akarere gusa ngo haracyari ikibazo cy'ubufatanye budahagije gushyira mu bikorwa zimwe muri izi ngamba."

Iyi nama yitiriwe umuhanga Albert Einstein ni mpuzamahanga iba igamije guhuza abahanga ngo barebe uko siyansi yarushaho kuba ishingiro ry'iterambere cyane cyane mu rubyiruko.

The Next Einstein Forum (NEF) ni ihuriro ry’abahanga mu bitekerezo muri Siyansi, inganda n’ibikorwa remezo ryatangijwe mu 2013 n’imiryango ibiri ariyo; The African Institute for Mathematical Sciences (AIMS) na Robert Bosch Stiftung wo mu Budage.

U Rwanda nirwo ruzakira inama itaha nk’iyi ya NEF mu 2018.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura